in

Wa mugore we ntiba udakora ibi bintu nta mugabo uzakwiruka inyuma uko waba usa kose

Abagabo cyangwa abasore iyo barimo gushakisha abakunzi cyangwa abagore bazabana, bigoranye ko bazakururwa n’ikintu kimwe ku wo yabengutse ahubwo usanga akururwa n’urusobe rw’imyitwarire cyangwa imiterere y’uwo yifuza.

Muri ibyo bintu bikurura abagabo kuburyo iyo umukobwa cyangwa umugore abyujuje bimworohera gukundwa, twabahitiyemo kubabwira 7 muri byo ku buryo iyo abyitayeho usanga bamwiruka inyuma.

1.Ikibuno

N’ubwo amabere cyo kimwe n’ikibuno abagabo sibyo biza imbere mu byo abagabo bitaho, ariko nibyiza ko abagore cyangwa abakobwa babyitaho cyane cyane bijyanye n’imyambarire yabo.

2.Imyitwarire muri sosiyete

Umugabo cyangwa umusore wese akunda umukobwa cyangwa umugore ufite imyitwarire buri wese abona ko ari nta makemwa ku buryo no mu gace abarizwamo bamutangira ubuhamya ko uzamutwara azaba atomboye.

3.Imisekere yawe

Umugore wese ugerageza guseka akamwenyura adahora yafunze isura usanga akurura umugabo wese umuri iruhande bityo bikaba byamufungurira inzira zo gukundwa.Ikindi wamenya n’uko abagabo badakunda umugore ugira umushiha.

4.Imirebere

Umugabo wese yita ku mirebere y’umukobwa/gore kuko igihe cyose barimo kuvugana usanga amwitegereza mu maso bityo akareba umwanya aba yamuhaye awuha agaciro.

5.Impumuro

Bisanzwe bimenyerewe ko abakobwa/gore bakunda kwiyitaho mu buryo bumwe cg ubundi, biba akarusho rero iyo urikumwe n’umugabo akumva agahumuro keza kaba kajyanye n’amavuta wisize cyangwa umubavu witeye.

6.Imyambarire

Abagabo burya bakunda abagore bita ku myambarire gusa bikaba akarusho iyo bita ku nkweto bambara kuko bigaragaza ubusirimu.

7.Amabere/igituza

Mukobwa niba ushaka ko ukurura umugabo gerageza wite ku mabere yawe ku buryo wambara imyenda ikigaragaza neza.

8, Bihutira kumenya inshuti zikugaragiye

Mukobwa/gore niba ushaka kujya mu rukundo n’umuntu wa nyawe uzite uzagire inshuti nziza kuko biri mu byitabwaho n’abagabo bashaka kumenya imiterere yawe nyakuri.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Umukino wa APR FC na Police FC washyizwe kuri Sitade nshya

Cyahise gishwanyuka: Icyogajuru cya mbere kinini mu mateka y’Isi cyashwanyutse kitarenze umutaru