Rutahizamu w’icyamamare wa Brazil, Neymar Jr., yatangaje ko urugendo rwe mu ikipe y’igihugu rurangiye, nyuma y’uko Brazil itsinzwe na Norvège muri 1/8 cy’irangiza mu Gikombe cy’Isi cya 2026.
Uyu mukinnyi w’imyaka 34 yinjiye mu kibuga asimbuye ku munota wa 67 Brazil iri inyuma ku ntsinzi ya 2-0, ariko ntibyahinduye byinshi ku musaruro w’umukino. Yaje gutsinda penaliti mu minota y’inyongera, gusa Brazil irasezererwa.
Mu kiganiro yagiranye na TV Globo nyuma y’umukino, Neymar yavuze amagambo yateye agahinda abakunzi b’umupira: yagize ati“Nagerageje, nagerageje. Ubu birarangiye. Natangiriye hano, ndangirije hano.”
Neymar afatwa nk’umwe mu bakinnyi bakomeye Brazil yagize, ndetse akaba ari na we uyoboye abandi mu bitego, aho amaze gutsinda ibitego 80 mu mikino 130 yakiniye igihugu cye.
Yatangiye gukinira ikipe y’igihugu mu 2010, ndetse kuva icyo gihe yitabiriye Ibikombe by’Isi bine: 2014, 2018, 2022 na 2026.
Nubwo urugendo rwe mpuzamahanga rurangiye mu ikipe y’igihugu, Neymar asiga amateka akomeye mu mupira w’amaguru wa Brazil no ku isi yose, nk’umwe mu bakinnyi babaye ibirangirire mu kinyejana cye.



