Itsinda ry’abaganga bo muri RDF riri mu bikorwa by’ubuvuzi muri Tanzania
I Dar es Salaam muri Tanzania hatangijwe ku nshuro ya gatandatu Icyumweru cy’ibikorwa by’ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba cyahariwe ubufatanye hagati y’Ingabo n’Abasivili (CIMIC). Iki gikorwa cyatangijwe kuri uyu wa 26 Kanama 2026 kizakomeza kugeza ku wa 1 Nzeli 2026, kikaba cyibanda ku gutanga serivisi z’ubuvuzi, ubufasha mu by’ubutabazi ndetse no kuvugurura bimwe mu bigo […]






