Sign in

YEGOBNews from Rwanda, Africa and the world

Today's feed

Latest news

30 July 2026
ISIMBI

APR FC yatsinze Vipers SC isezererwa muri CECAFA Kagame Cup

APR FC yatsinze Vipers ibitego bibiri kuri kimwe ariko ntiyabasha kuzamuka mu itsinda ngo igere muri 1/2, ni nyuma y'uko yasoje ku mwanya wa gatatu mu itsinda. APR FC yakinaga umukino usoza itsinda A rya CECAFA Kagame Cup aho yari yakinnye na Vipers SC mu mukino wabereye muri Stade Amahoro. Amahirwe yari make yo kurenga itsinda ngo igere muri 1/2 ni nyuma yo kunyagirwa na Gor Mahia 5-0 ikaza gutsinda Garde Républicaine 3-1. Yasabwaga gutsinda Vipers SC ku kinyuranyo byibuze cy'ibitego (…) - Siporo / Latestnews

UMUSEKE

Hasabwe ko ikoreshwa rya AI rishingira ku cyizere n’imiyoborere inoze

RWANDA: Inzego za Leta, iz’ikoranabuhanga, abikorera n’abafatanyabikorwa mu iterambere bagaragaje ko ubwiyongere bw’ikoreshwa ry’ubwenge buhangano (AI) busaba imiyoborere ishingiye ku cyizere, umutekano no gukoresha ikoranabuhanga ridaheza. Ibi byagarutsweho kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Nyakanga 2026, mu nama Nyunguranabitekerezo ya Rwanda Internet Governance Forum 2026 (RwIGF 2026), yiga ku miyoborere ya interneti. Umuyobozi Mukuru […]

ISIMBI

Mu muhango witabiriwe n'ibyamamare, Nyambo Jesca yasezeranye imbere y'amategeko

Umukinnyi wa filime Nyarwanda, Nyambo Jesca yasezeranye imbere y'amategeko n'umukunzi we, Uwiragiye Richard. Ni umuhango wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Nyakanga 2026 mu Mujyi wa Kigali mu Murenge wa Nyarugenge. Ni umuhango witabiriwe na benshi mu byamamare nk'umunyamakuru Rusine Patrick, abakinnyi ba filime nka Killaman, Clapton Kibonke, Rufonsina, Mitsutsu, Umukonyine n'abandi. Basezeranye imbere y'amategeko nyuma y'uko ku wa 23 Nyakanga 2026 ari bwo (…) - Imyidagaduro / Featured , Highlight

UMUSEKE

RIB yahamagaje Hakizimana Innocent washatse kuba Perezida

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), sitasiyo ya Mukamira mu karere ka Nyabihu, rwahamagaje Hakizimana Innocent washatse kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’Igihugu, uyu mugabo ayibwira ko afitanye ubukwe n’umukunzi we ndetse agiye gutanga inkwano ku mugaragaro. Ibaruwa y’uru rwego yo kuwa 29 Nyakanga 2026, isaba Hakizimana Innocent utuye mu Ntara Iburengerazuba,Akarere ka Nyabihu, Umurenge wa Jenda,Akagari ka […]