Mu butayu bunini bwa Sahara, mu gihugu cya Mauritania, hari ahantu hihariye ku Isi hazwi nka Richat Structure, benshi bakaba bayita “Ijisho rya Sahara” kubera imiterere yaho imeze nk’ijisho rinini urirebeye mu kirere.
Iki kimenyetso cya kamere gifite ubugari bwa kilometero hafi 40, kikaba kigizwe n’impeta z’amabuye zizengurutse hagati. Kubera ubunini bwacyo, kigaragara neza cyane iyo urebye uri mu ndege cyangwa mu isanzure, ari na yo mpamvu abasanzwe bakora ingendo zo mu kirere bakunze kugikoresha nk’ikimenyetso cyo kumenya aho bageze.
Mu myaka yashize, bamwe mu bahanga batekerezaga ko Richat Structure yatewe n’igikuba kinini cyaguye ku Isi cyangwa se ibikorwa by’ibirunga. Nyuma y’ubushakashatsi bwimbitse, igitekerezo cyemewe cyane ni uko yavutse bitewe n’izamuka ry’ubutaka (geological dome), hanyuma imyaka miliyoni nyinshi y’isuri y’umuyaga n’amazi igenda ikuraho ubutaka bwo hejuru, igasiga hagaragara izi mpeta zidasanzwe.
Uyu munsi, Richat Structure ni kimwe mu bikurura ba mukerarugendo n’abashakashatsi baturutse hirya no hino ku Isi, ndetse ikaba ifatwa nk’imwe mu nzibutso kamere zitangaje Afurika ifite.



