Imyidagaduro
Umunyamakuru wa RBA uherutse kwambikwa impeta yahishuye uburyo yarijijwe na fiancé we|Avuga no ku bukwe bwe (VIDEO)

Umunyamakuru ukunzwe cyane muri RBA ,Tumusiime Juliet ukora kuri Televiziyo Rwanda mu kiganiro cy’iyobokamana cyitwa ‘RTV Sunday Live’ yatangaje ko ubwo yambikwaga impeta n’umukunzi yashatse kurira habura gato.Uyu munyamakuru yabitangaje mu kiganiro na CHITA MAGIC TV ikorera kuri Youtube aho yavuze ko umunsi yambikwaho impeta atari aziko ari we wari buyambikwe dore ko ngo yagiyeyo agiye gushyigikira mugenzi we wagombaga kwambikwa impeta.Juliet yakomeje asobanura ko akigerayo yatunguwe no kubona abantu benshi bo mu muryango we bahari ,ndetse abona nabafata amashusho abazi bituma agira ubwoba yenda gusubira inyuma gusa arihangana.Yanavuze ko ubwo umukunzi we yashakaga gutera ivi yamubujije kuko ngo yubaha Imana gusa anavuga ko byari byamurenze maze kubera ibyishimo n’umunezero yari afite ashaka kurira.

Tumusiime ngo yashatse kurira ubwo yambikwaga impeta
Uyu munyamakuru yasobanuye ko yifuza ko ubukwe bwe bazaba buryoshye burimo abantu batandukanye, buteguye neza kandi ko uzabwitabira azashyoherwa n’ibirori bizaba binogeye ijisho.
Kanda hano hasi urebe video ya Juliet Tumusiime:
-
Imyidagaduro6 hours ago
Bahavu Jannet wamenyekanye nka Diane muri city maid yakoze ubukwe (amafoto)
-
Imyidagaduro1 day ago
Ndimbati yambitse impeta Shaddyboo ubwo bari muri studio za RBA (amafoto)
-
Imyidagaduro4 hours ago
Kimenyi Yves yateye ivi asaba Miss Uwase Muyango ko yazamubera umugore (amafoto)
-
Imyidagaduro1 day ago
Junior Giti yakije umuriro kuri PK wamwibasiye|Avuga ko namufata bazakizwa na RIB.
-
Izindi nkuru2 days ago
Wa mukobwa mwiza wari utegereje gupfa Imana iramutabaye| Abagiraneza bamufashije kujyanwa kwa Muganga| Josiane
-
Izindi nkuru1 day ago
Umusore n’umukobwa bemeye kwihambira iminyururu amezi 3 ngo basuzume urukundo rwabo.
-
Imyidagaduro2 days ago
Umuhanzi Platini biravugwa ko agiye gukora ubukwe mu ibanga rikomeye.
-
inyigisho5 hours ago
Dore ibintu bibabaza abagore bikabatera kwibaza ukuntu babaye amasugi kandi bafite abagabo.