Irushanwa ryo gushaka umukinnyi uzegukana Golden Boot mu Gikombe cy’Isi cya 2026 rikomeje gufata indi ntera, aho abakinnyi batatu b’ibihangange ari bo bari kuyobora urutonde rw’abamaze gutsinda ibitego byinshi.
Ku isonga hari Lionel Messi ufite ibitego bitanu nyuma y’imikino ibiri, akurikiwe na Kylian Mbappé na Erling Haaland bafite ibitego bine buri umwe. Ni ubwa kabiri gusa mu mateka y’Igikombe cy’Isi abakinnyi batatu bagera nibura ku bitego bine nyuma y’imikino ibiri, ibintu byaherukaga kuba mu 1954.
Messi yakomeje kwandika amateka nyuma yo gutsinda ibitego bibiri mu mukino wa Argentine yatsinzemo Austria, ahita aba umukinnyi umaze gutsinda ibitego byinshi kurusha abandi mu mateka y’Igikombe cy’Isi, aho agejeje ku bitego 18. Mbappé na we yahise anganya ibitego 16 na Miroslav Klose, mu gihe Haaland akomeje kwerekana ubuhanga budasanzwe nyuma yo gutsinda ibitego bibiri mu mukino wa Norway na Senegal.
Abasesenguzi bavuga ko iri rushanwa rishobora kuba rimwe mu akomeye yabayeho, cyane cyane ko aba bakinnyi bose bafite amahirwe yo gukomeza gutsinda ibitego mu mikino iri imbere. Hari kandi n’abategereje kureba niba Harry Kane na we aza kwinjira muri iri rushanwa nyuma yo gutangira neza.
Intego ikomeye aba bakinnyi bafite si Golden Boot gusa, ahubwo bamwe baniteze kurenga amateka ya Just Fontaine watsinze ibitego 13 mu Gikombe cy’Isi cya 1958, akaba ari we ugifite agahigo k’ibitego byinshi mu irushanwa rimwe.
Mu gihe irushanwa rigikomeje, ikibazo gikomeje kwibazwa ni kimwe: Ese ni nde uzarangiza yegukanye Golden Boot hagati ya Messi, Mbappé na Haaland? Ibizakurikiraho bishobora kongera kwandika amateka mashya y’umupira w’amaguru.

