in

Umukunzi wa Cristiano Ronaldo yatunguye abatari bake bitewe nibyo yagaragaye akora(AMAFOTO)

Umukunzi wa Cristiano Ronaldo,Georgina Rodriguez akomeje gushimangira ko yitozanyije bihagije n’uyu mukinnyi kizigena babana kuko yashyize hanze amashusho agaragaza ko arambutse cyane ndetse akora siporo bihagije.

Uyu mubyeyi w’umwana umwe yagaragaye arambura amaguru yose yicara hasi ibintu bisanzwe bikora abakinnyi ba karate n’abakorasiporo bihagije.

Ibi uyu munyamideli w’imyaka 26,yabikoze ubwo yari mu bwato bishoboka ko ari ubw’umukunzi we Cristiano Ronaldo.

Uyu mugore wari wambaye imyenda izwi nka Ao Yoga yaherukaga kwamamaza,yashyize hanze aya mashusho nta birungo yisize bituma benshi bemeza ko ubwiza bwe ari karemano.

Uyu mukobwa akimara gushyira hanze aya mashusho yanditse ati “Iyo umaze kumenya iyo ujya,isi igufungurira imiryango imiryango.”

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Abahanzi bakomeye mu Rwanda bakuruye cyane abakobwa muri 2020(AMAFOTO)

Ibintu byagufasha guhora wishimanye n’umukunzi wawe mudashwana.