in

Na Se yaratunguwe! Papa wa Rihanna yatangaje ikinu cyamutunguye kumukobwa we

Ronald Fenty, papa w’umuhanzikazi Rihanna yatangaje ko yatunguwe no kubona umwana we atwite inda y’umwana wa kabiri kimwe n’abandi bose.

Uyu mubyeyi yatangarije TMZ ko nawe yagiye kureba ibirori bya Super Bowl halftime show nk’abandi bose agiye kwishima, agatungurwa no kubona umwana we agaragaje ko atwite umwana wa kabiri kandi atari abizi.

Uyu mubyeyi yavuze ko atajya yinjira mu buzima bw’umwana we Rihanna n’umukwe we A$AP Rocky cyane.

Umuhanzikazi Rihanna yagaragaje ko atwite inda y’umwana wa kabiri ku wa 13 Gashyantare 2023 ubwo yari arimo gutaramira abitabiriye ibirori bya Super Bowl halftime show byabereye State Farm Stadium muri Arizona muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Umwe mu batoza ba APR FC yasubiye iwabo mu ibanga rikomeye agenda adasezeye bagenzi be

Umunyamideli Mary Magdalene uherutse guturika ibere ari kwicuza kubera ibyo yakoreye umubiri we