in

Yasohowe nk’imbwa kwa Nyirasenge? Umuhanzi Angel Brain waraye muri kandagira ukarabe yanyuze mu nzira zitoroshye

Ntawifuza kuba ahabi mu gihe abona aheza, ari amahitamo ya muntu buri wese yakwifuza kubaho nk’igikomerezwa, kuba atari amahitamo nibyo byatumye umuhanzi ukizamuka, Muvunyi Ben [Angel Brain], ku myaka 14 yisanze yatangiye kwikodeshereza muri Kigali.

Uyu muhanzi w’imyaka 19, yashyize hanze indirimbo yise “Kwaka” ahamya ko ikubiyemo inkuru mpamo y’ubuzima yanyuzemo kuva avutse.

Yavutse 2004, avukira mu Karere ka Rusizi mu Burengerazuba bw’u Rwanda, ntazi isura ya nyina kubera ko yitabye Imana afite umwaka umwe gusa.

Yakuriye mu muryango udasaba umunyu, gusa ibintu byagiye bihinduka yisanga bakennye, se atagishoboye no kubatunga.

Yabwiye Ikinyamakuru ISIMBI ko muri 2018 yigiriye inama yo gufata imodoka yinjira mu Mujyi wa Kigali aje kwa mushiki wa se (Nyirasenge) kuko yizeraga ko bamufasha agakomeza no kwiga.

Ntibyamukundiye kuko nyuma y’amezi 2 gusa yasohowe n’umugabo wa Nyirasenge nk’imbwa amubwira ko igihe bari bakize ntacyo babafashije.

Yahise atangira gukora ikiyede abana n’abandi basore bikodeshereza, agakora ijoro amanywa akajya kwiga Kicukiro muri Groupe Scolaire Kicukiro, babaga Kabuga, gusa muri 2020 byaje kubananira ari bwo yahise ajya kuba ku muhanda.

Angel Brain yabaye ku muhanda imyaka 2 ari mayibobo yibera muri Kandagira Ukarabe za Zion Temple Kabuga, gusa ntiyacitse intege yakomeje kwiga aho yasabaga lift abashoferi ba Ineza Vision bakamutwara bakanamugarura.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Abakundana gusa! Ibintu bizakwereka ko mumeze nka bantu bakiri mu kwa buki nubwo mwaba mumaranye imyaka 5 mubana

Burya niyo mpamvu ahorana ibyishimo! Mama Pastor ‘Uwanyana Assia’yavuze impamvu ahora yishyimye kandi umugabo we Pastor Théogene yaritabye Imana ndetse yakomoje ku mpeta sheri we yamwambitse