in

Umumaro w’Umwuka Wera n’icyo umukristo asabwa kugira ngo awuhabwe

HOUSTON, TX - SEPTEMBER 03: Parishioners of the Lakewood Church led by Pastor Joel Osteen pray together during a service at the church as the city starts the process of rebuilding after severe flooding during Hurricane and Tropical Storm Harvey on September 3, 2017 in Houston, Texas. Pastor Osteen drew criticism after initially not opening the doors of his church to victims of Hurricane Harvey. Harvey, which made landfall north of Corpus Christi on August 25, dumped around 50 inches of rain in and around areas of Houston and Southeast Texas. (Photo by Joe Raedle/Getty Images)

Ibyakozwe n’Intumwa 1:8 “Icyakora muzahabwa imbaraga Umwuka Wera nabamanukira, kandi muzaba abagabo bo kumpamya i Yerusalemu n’i Yudaya yose n’i Samariya, no kugeza ku mpera y’isi”.

Yohana 16: 8-11 Ubwo azaza azatsinda ab’isi, abemeze iby’icyaha n’ibyo gukiranuka n’iby’amateka; iby’icyaha, kuko batanyizeye, n’ibyo gukiranuka kuko njya kwa Data, kandi namwe muzaba mutakimbona,n’iby’amateka kuko umutware w’ab’iyi si aciriweho iteka.

Umwuka Wera mu isezerano rya Cyera yoherezwaga n’Imana ku bantu, yamara gukora umurimo wamuzanye ntiyongere kwiyerekana, bigasa nk’aho agiye (), ariko nyuma yo kuzuka kwa Yesu no gusubira mu ijuru, Umwuka Wera twamuhawe nk’ingwate ubu atuye muri twe ndetse akorera muri twe, ni nako ubuzima bwacu nk’abakristo bigenda buhinduka.

Kugira ngo uhabwe Umwuka Wera bigusaba kuba ukunda gusenga Imana, abantu barindiriye Umwuka Wera bagomba kuba bahuje umutima, nta macakubiri cyangwa ikibatandukanya (Bahuje umutima), bagomba kuba bakunda kwiyeza kandi bizera Imana. Umwuka Wera ni Imana, kugira ngo iture muri wowe umutima wawe ugomba kuba witeguye kuyakira.

-Umwuka Wera afite umumaro munini mubuzima bwacu, niwe udufasha kumenya intege nke zacu, Umuntu udafite Umwuka Wera aragorana, kugira ngo yemere icyaha bisa nk’ibidashoboka kuko ahorana impaka zo kwihagararaho, ariko Umwuka Wera iyo ageze mu mutima aragutsinda ugaca bugufi.

-Umwuka Wera niwe utwigisha ndetse akatuyobora akaduha imbaraga zo guhagarara mu nshingano zo kwagura ubwami bw’Imana, Iyo umuntu adafite Umwuka Wera ishyaka ry’umurimo w’Imana rirashira.

-Umwuka Wera niwe udufasha guhamiriza abatizera, urukundo rw’Imana rwatumye itanga Yesu Kristo agapfira twe abanyabyaha ngo tubone umugingo buhoraho, uyu rero akora umurimo ukomeye muri twe wo kunesha kamere y’icyaha kuko Umwuka yanga ibyo kamere irarikira ( Abagal 5:17)

-Umwuka Wera yafashije intumwa Guhamya yesu i Yerusalemu hari haramaze abahanuzi hakanica Yesu, guhamya umuzuko we mu baturanyi i Yudaya ndetse n’i Samariya batumvikanaga, natwe uyu murimo aracyawukorera muri twe, Iyo dufite umwuka wera dushira amanga tugahamya kandi benshi bataramenya Yesu bakihana.

-Umwuka wera niwe uduhamiriza ko umutware w’isi (Satani) yaciriweho iteka, kandi niwe ubana natwe akatunushereza imyambi y’uwo mubi yaka umuriro, muri make Umwuka Wera ni ubuzima bwacu.

Ubuzima bw’umukirisito budafite Umwuka Wera bumeze nk’ubutariho. Nkwifurije guhabwa no kuyoborwa n’Umwuka Wera kuko kuko abayoborwa n’Umwuka nibo bana b’Imana (Rom 8: 14-17).

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Impinduka ku muganda rusange wari uteganyijwe tariki ya 30 uku kwezi mu gihugu hose

Ibyishimo byasendereye abakunzi ba APR WFC nyuma yo kwegukana igikombe -Amafoto