in

Sobanukirwa byinshi ku ndwara ziterwa no kugira amarira menshi ndetse n’agahinda gakabije

Kugaragaza amarangamutima binyuze mu kurira bigira umumaro bitewe n’ibihe umuntu ariramo cyangwa igihe kurira kwe bimara, gusa amarira akabije atera ibibazo byaganisha no ku rupfu.

Kurira ni igisubizo cy’amarangamutima ku bintu byinshi bitandukanye. Ariko kurira kutagenzurwa cyangwa kudasobanutse, kunaniza amarangamutima n’mubiri kandi kugira ingaruka cyane mu buzima bwa buri munsi.

Amarira akabije ashobora guturuka ku buzima bwo mu mutwe nko gucibwa intege n’ibiri kuba, guhangayika, cyangwa kwiheba. Bamwe bavuga ko kurira biruhura ndetse ari umuti iyo bibaye bitunguranye, nk’ikimenyetso cyo kwishima.

Abaganga bavuga ko abana bari mu myaka y’ubugimbi n’abangavu barizwa akenshi n’uko banzwe mu rukundo, ndetse abenshi bagahita bishora mu biyobyabwenge, bakangirika burundu.

Ihutire gusanga muganga niba bimeze gutya:

Igihe utagishoboye kugenzura amarira

Igihe urira nta mpamvu igaragara

Igihe amarira abangamira ubushobozi bwo gukora ibintu, akazi ka buri munsi

Igihe amarira yawe menshi ajyana no kujya kure mu ntekerezo

Igihe wumva imisonga mu gutwi

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Ubwiza bw’abakobwa ba Rambo bwavugishije benshi

Umunyamideri w’umunyarwandakazi wabiciye bigacika ari mu munyenga w’urukundo -AMAFOTO