Umuraperi w’Umunyamerika Lil Wayne yasabye imbabazi abafana be nyuma yo kutabasha kwitabira igitaramo cye cya “20 Years of Carter Classics Tour” cyari giteganyijwe kubera muri leta ya Maine. Nyuma y’uko atagaragaye ku rubyiniro, abafana benshi bagaragaje kutishimira ibyabaye.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Lil Wayne yavuze ko ababajwe n’ibyamubayeho, asaba abafana be imbabazi. Yatangaje ko igitaramo kitagisubitswe burundu, ahubwo cyimuriwe ku wa 28 Nyakanga, anabasaba gukomeza kubika amatike yabo kuko azakoreshwa kuri iyo tariki nshya.
Yagize ati: “Bafana banjye bo muri Maine, ndabasabye imbabazi. Mugumane amatike yanyu, azemerwa ku munsi mushya w’igitaramo. Ntegereje kugaruka nkabaha igitaramo mukwiye.”
Nubwo impamvu yatumye Lil Wayne atitabira icyo gitaramo itaratangazwa mu buryo burambuye, ubutumwa bwe bwakiriwe neza na bamwe mu bafana, mu gihe abandi bagaragaje ko bifuza ibisobanuro birambuye ku byabaye. Abateguye igitaramo batangaje ko amakuru arambuye azagezwa ku bantu baguze amatike binyuze kuri email.


