in

Kiyovu Sport yihanangirije Police Fc ya Mashami Vincent iyikubita iyiteruye

Ikipe ya Kiyovu Sport yongeye kugarura ikizere mu bafana bayo mu mukino yatsinzemo Police FC ya Mashami.

Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu ku isaha ya saa 15:00 kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo.

Aya makipe yombi atari mu bihe byiza cyane buri imwe yagiye ifite umugambi wo gutsinda indi gusa ababurana ari babiri umwe aba yigiza Nkana.

Ku munota wa 72 nibwo Kiyovu Sports yazamukanye umupira ugera kuri Bigirimana Abedi wari mu rubuga rw’amahina maze Ngabonziza Pacifique amukurura amaguru umusifuzi ahita atanga penariti.

Iyi penariti ya Kiyovu yatewe neza na Erisa Sekisambu ahita atsinda igitego cya mbere cya Kiyovu Sports, maze Police FC itangira gukina irwana no kwishyura igitego.

Gutsinda uyu mukino byatumye Kiyovu Sports igira amanota 24 aho inganya na AS Kigali iri ku mwanya wa kabiri, mu gihe Police FC yo yagumye ku mwanya wa gatandatu n’amanota yayo 20.

Written by Moïse Habanabashaka

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250734523889 or +250789079952

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Akumiro: nyuma yo kwica umugore we umuzimu we wamwandikiye ibaruwa iteye ubwoba

Umugore ari mu byishimo byinshi nyuma yo kumara imyaka hafi 50 akiri isugi yarabuze uwamuha urukundo ruzima.