in

Hora uzirikana ko ubuzima bwawe aricyo gishoro! Ibintu 7 wakora ukirinda kurwara impyiko

Abantu hafi ya Bose bahuriza ku ntero ivuga ko ubuzima bw’umuntu aricyo gishoro cya mbere. Gusa ubuzima buba bwiza iyo buzira umuze.
Ubuzima bwa muntu busaba kubwitaho kugira ngo utazahazwa n’indwara. Zimwe mu ndwara zifata umuntu habamo n’indwara y’impyiko gusa haricyo wakora ukirinda kurwara.

Ibintu 7 wakora ukarinda impyiko zawe

1.Kurya indyo yuzuye

Kurya amafunguro arimo ibyubaka umubiri, ibitera imbaraga n’ibirinda indwara bya kuirinda kurwara impyiko kandi ukirinda gushyira mu mafunguro umunyu mwinshi cq mubisi.

2. Kwirinda isukari nyinshi cyangwa amavuta menshi

Irinde isukari nyinshi kuko yongera ibyago byo kurwara diabète, kandi ugabanye ingano y’amavuta cyangwa ibinyabinure winjiza mu mubiri, ahubwo wongere imboga n’imbuto bikungahaye kuri fibre.

3.Gukora imyitozo ngororamubiri

Ni ngombwa gukora imyitozo ngororamubiri wirinda kurwara impyiko, kuko ari na bumwe mu buryo bufasha umuntu kwirinda umubyibuho ukabije na diabète. Binafasha gusohora ibyuya birimo imyanda.

4.Isuzumisha urugero rw’isukari yo mu maraso

Kwisuzumisha urugero rw’isukari yo mu maraso, ni ngombwa kuko ni nabwo ubasha gutahura niba urwaye cyangwa utarwaye diabète, kuko diabetes ikururira umuntu kurwara impyiko.

5.Nywa amazi ahagije

Ku muntu mukuru ufite hagati y’ibilo 60 na 70, akwiye kunywa litiro ebyiri ku munsi mu gihe atarwaye impyiko. Umuntu urwaye impyiko we anywa ayo umubiri we ushoboye kuko impyiko ze ziba zitagishoboye gukora inkari, hirindwa ko yaba menshi akareka muri bimwe mu bice by’umubiri nk’ibihaha.

6.Irinda kunywa itabi

Itabi ni ribi ku buzima bw’umuntu muri rusange, kandi ni impamvu nyamukuru itera kanseri y’impyiko. Niba ushaka kurengera impyiko zawe irinde kunywa itabi.

7.Isuzumishe kenshi uburwayi bw’impyiko

Inzobere mu buzima zigira inama umuntu yo kujya ajya gusuzumisha umubiri we ngo arebe uko uhagaze.
Mu gihe rero urwaye indwara nka diabète, umuvuduko w’amaraso, mu gihe ufite umubyibuho ukabije, no mu gihe hari uwigeze kurwara iyi impyiko mu muryango wawe.

Written by THIERRY Mugiraneza

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it :+250 789 020 938

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Mugabo nawe mugore irinde bino bintu igihe umugore atwite niba ushaka kubyara umwana w’uzuye

Ibintu icumi (10) wakwitaho mu gihe uri gukoresha Mudasobwa