in

Cristiano Ronaldo yavuze ikintu gikomeye ashaka kugeraho anavuga ku mutoza we

Umwataka wa Manchester United Cristiano Ronaldo yavuze ikintu gikomeye yifuza mu ikipe ya Manchester United, ndetse anavuga ku mutoza we mushya Ralf Rangnick.

Mu kiganiro uyu mwataka ukomoka mu gihugu cya Portugal yagiranye na Sky Sports yavuze ko umutoza we ari mwiza kandi ko ari gukora akazi ke neza.

Mu magambo ya Cristiano Ronaldo ati: “Rangnick ari gukora akazi keza”.

Cristiano Ronaldo kandi yanabajijwe ku cyo yifuza guhatanira muri iyi kipe ya Manchester United muri uyu mwaka w’umukino wa 2021-2022.

Cristiano Ronaldo at: “Yego ntago nshaka kuba hano ndwanira umwanya wa karindwi, gatandatu cyangwa umwanya wa gatanu.” byumvikana ko ashaka guhatanira byibura imyanya ine ya mbere icyo abongereza bita ‘Big Four’.

Cristiano Ronaldo Kandi yasoje agaruka ku kintu cya korwa kugira ngo ikipe igere ku kintu gikomeye kandi anashimangira ko ari kugerageza gushaka intsinzi yuzuye. Ati: “Ndi hano ngeregeza gutsinda, byuzuye. Nizera ko turamutse duhinduye imitekerereze, dushobora kugera ku kintu gikomeye.

Cristiano Ronaldo yageze muri Manchester United mu mpeshyi ya 2021 avuye mu ikipe ya Juventus yo mu butaliyani (Italy) yagezemo  muri 2018 avuye  muri Real Madrid yo mu gihugu cya Esipanye (Spain).

Written by OLIVIER NTANTURO

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it. Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza wamvugisha 👉🏿+250736426442

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Rwanda: umuhungu ukiri muto yiyahuje umuti wica imbeba

Imfura ya Zari hassan wabyaranye na diamond platnumz yagizwe umuyobozi ukomeye