in

Bafashe igice cya milliyoni barakirenza! AS Kigali yashiriweho amafaranga ateye ubwoba kuri buri mukinnyi nibakuramo APR FC

Bafashe igice cya milliyoni barakirenza! AS Kigali yashiriweho amafaranga ateye ubwoba kuri buri mukinnyi nibakuramo APR FC

Kuri uyu wa Gatatu ikipe ya APR FC irambikana n’ikipe ya AS Kigali, umukino ushyirwa ku rundi rwego kubera amafaranga AS Kigali yashyiriweho.

Ni umukino uratangira ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ubere kuri Kigali Pele Stadium ahanabereye umukino ubanza watangiye APR FC ibonye intsinzi nubwo yarushijwe ku buryo bukomeye.

Amakuru YEGOB twamenye ni uko Perezida wa AS Kigali, Shema Fabrice watangaje ko gukuramo APR FC bishoboka ku munsi wejo yaganirije abakinnyi be arangije abatangariza ko nibaramuka batsinze ikipe ya APR FC bakayikuramo barahabwa ibihumbi 600 kuri buri mukinnyi bagomba gukoresha imbaraga nyinshi.

Kuva uyu muyobozi yagaruka mu ikipe ya AS Kigali ubona ko ubuzima bwongeye kugaruka ndetse no mu myitozo ubona abakinnyi bafite akayamuneza byanatanze umusaruro kuko bamaze iminsi bitwaye neza ubwo batsindaga Kiyovu Sports igitego 1-0.

AS Kigali yamaze kongera imbaraga mu bakinnyi kuko kugeza ubu yamaze gutangaza ko yasinyishije rutahizamu Hussein Chabani Chabalala wakinaga mu gihugu cya Libya ndetse binavugwa ko ashobora gukina uyu mukino nubwo bitaremezwa neza.

 

 

Written by Philcollens

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 784 798 373

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

FERWAFA yamenyesheje ikipe ya Addax SC ya Mvukiyehe Juvenal ko itazakomeza kwakira imikino y’igikombe cy’Amahoro ku kibuga cy’i Rugende kimeze nk’umurima w’umiceli – AMAFOTO 

Umukinnyi wa Arsenal ari mu byishimo bikomeye cyane