Mu gihe hashize hafi umwaka Pogba atangaje ku mugaragaro ko ashaka kuva mu ikipe ya Manchester United, amakipe atandukanye akomeje kugenda garagaza ko yifuza ku mugura, nyuma ya PSG, Real Madrid na Juventus kuri ubu ikipe ya Inter Milan nayo irashaka kugura uyu musore w’imyaka 27 y’amavuko.

Nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru cyo mu Butaliyani, Tuttosport, kikaba cyatangajeko umwe mu bayobozi ba Inter Milan, Giuseppe Marotta, amaze iminsi avugana na agent wa Paul Pogba ari Mino Raiola ngo arebe ko yamugura agasanga mucuti we Lukaku muri Inter.