in

NdabikunzeNdabikunze NDASETSENDASETSE

Uramenye wa mukobwa we utazabwira umusore mukundana aya magambo, utazikoraho.

Amagambo 5 umukobwa atagomba kubwira umuhungu bakundana, nk’uko bitangazwa n’urubuga Elcrema rwandika ku mibanire:

1.Nta gikundiro ufite

Akenshi iyo ukundana n’umuhungu uko yaba asa kose, ntabwo uba ugomba kumubwira ko nta gikundiro kimugaragaraho n’ubwo yaba ari mubi. Ahubwo urabyihorera bikakugumamo wenyine kuko byabatandukanya kandi wowe hari ibiba byaratumye umukunda, kuko nawe abikubwiye byakubabaza.

2.Inshuti zanjye ntizigukunda

Si byiza ko ubwira umuhungu mukundana ko inshuti zawe zitamwiyumvamo kuko bishobora kumurakaza cyane, ndetse ukaba ubibye urwango hagati ye na bagenzi bawe. Iyo amenye ko batamukunda kandi akabona wowe mukomeza kugirana imishyikirano n’ubucuti bugakomeza, ahita ashaka uko abagucaho maze wabyanga mugashwana bikaba byavamo no gutandukana ari wowe ubiteye kuko wamubwiye uko bagenzi bawe bamufata.

3.Umukunzi wanjye wa kera

Kirazira ko umuhungu mukundana ukunda kumubwira ibijyanye n’umuhungu mwakundanye mbere ye, umurata cyangwa umugereranya n’uwo muri kumwe kuko nta muhungu n’umwe ubikunda.

4.Twibere inshuti zisanzwe

Iyo ubwiye umuhungu mukundana ngo mwibere inshuti zisanzwe, biba bimugaragariza ko udakeneye gukomezanya na we inzira y’urukundo kabone n’ubwo waba ubivuze wikinira ariko we iyo abyumvise ahita afata icyemezo cyo kubivamo.

5.Ntuzi gukunda

Iyo umuhungu mukundana atakunyura mu bijyanye n’urukundo rwanyu, si byiza ko umubwira ko atazi gukunda cyangwa ngo umwereke ko urukundo rwanyu rubishye. Ahubwo wowe uba ugomba gufata iya mbere ukamuha urugero maze na we akaboneraho kumenya icyo gukora, bitewe n’ibyo ukunda kandi ukeneye ko azajya agukorera.

Ntugakinishe rero kubwira umuhungu mukundana amwe muri aya magambo igihe cyose mugikundana, kuko byabaviramo gutandukana burundu kandi ari wowe biturutseho.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Ngenzi wamamaye muri filime nyarwanda yagizwe igitaramo kuri Twitter.

Umunyamakurukazi wa B&B FM Umwezi yavugishije abantu nyuma y’ibyo yakoreye umusatsi we !