in

Umusore w’imyaka 17 yatawe muri yombi azira gutera inda abagore 10, abana bari kuzavuka bagakorerwa igikorwa cy’ubunyamaswa

Umuhungu w’imyaka 17 witwa Noble Uzuchi yafunzwe n’ubuyobozi bwa polisi ya Rivers muri Nigeria kubera gutera inda abagore 10.

Nk’uko ibiro ntaramakuru byo muri Nijeriya, PUNCH bibitangaza ngo Ubuyobozi bwa Polisi muri Nigeria bwavumbuye kandi buhagarika ibikorwa by’igurishwa ry’abana mu turere twa leta twa Obio / Akpor na Ikwerre.

Abakekwaho icyaha bane batawe muri yombi bakekwaho ibikorwa bitemewe kandi abakobwa icumi batwite bararokowe.

Nk’uko abapolisi babitangaza, Uzuchi na Chigozie Ogbonna w’imyaka 29 bahawe akazi na syndicat yo gutera inda abagore binyuze mu mibonano mpuzabitsina.

Umuyobozi wa syndicat, Peace Alikoi wimyaka 40, noneho yagumishaga abana kandi akishyura ababyeyi amafaranga 500.000 akoresha muri icyo gihugu.

Bamwe mu bana na bo baragurishijwe. Polisi kandi yataye muri yombi Favour Bright w’imyaka 30 y’amavuko kubera iki gikorwa.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Kayonza: Umugabo yanyweye umuti wica ibisimba birangira apfuye kubera umugore we

Element yakoze igikorwa kigayitse muri County Records kubera Bruce Melody