in

Umukobwa waburaga iminsi itatu ngo arongorwe yahagaritse ubukwe kubera impamvu isekeje

Umukobwa wo muri Nijeriya uzwi ku izina rya Kemi avuga ko yahagaritse ubukwe bwe bwaburaga iminsi itatu yonyine kubera ko umukunzi we yananiwe kurekura amafaranga menshi kugirango bategure ubukwe buhambaye.

Uyu mukobwa yavuze ko kuva yamusezeranya agashyiraho itariki y’ubukwe, yagiye akora ibishoboka byose kuko nta faranga na rimwe yigeze agenera ubukwe.Yatangaje ko iseswa hasigaye iminsi itatu ngo ubukwe bube,byatewe n’imyifatire idahwitse y’umukunzi we nkimpamvu nyamukuru yamuteye kubivamo.Ku bwa Kemi, yamubwiye ko amafaranga ye abitswe neza kandi amusaba kumusubiza ibyo yakoresheje byose.Yavuze ariko ko yasuye umujyanama maze afata icyemezo cyo guhagarika ubukwe, nubwo atizeye ko yafashe icyemezo gikwiye.

Kemi yaranditse; ”Gusa nahagaritse ubukwe bwanjye kubera imyifatire y’umukunzi wanjye. Uyu musore ntabwo yatanze igiceri na kimwe kandi ubukwe buri muminsi 3, akomeza avuga ko amafaranga ye abitswe neza kandi ko azansubiza. navuganye n’umujyanama wanjye maze ahitamo kubihagarika. Nizere ko nakoze ikintu cyiza. ”

 

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Umunyamabanga wa FERWAFA yemeje igihugu gikomeye kizakina n’Amavubi umukino wa gicuti

Hamenyekanye umuntu wakuye Papa Sava mu mwuga w’ubwarimu amuzana muri Cinema