in

Umukinnyi w’umunyarwanda afashije ikipe ye kwegukana igikombe

Umukinnyi w’umunyarwanda ukina asatira mu ikipe ya Simba Sc yo muri Tanzaniya yayifashije kwegukana igikombe nyuma yo kuyitsindira igitego.

Meddie Kagere umwataka w’umunyarwanda yafashije ikipe ye ya Simba Sc  kwegukana igikombe cya ‘MapinduziCup’ nyuma yo kuyitsindira igitego.

Simba yahuriye ku mukino wanyuma n’ikipe ya Azam Fc, bombi intego zabo zari kwegukana intsinzi gusa ababurana ari babiri umwe aba yigiza nkana.

Ikipe ya Simba Sc ibifashijwemo n’umwataka wayo ufite ubwene gihugu bw’ubunyarwanda yaje kwereka Azam Fc ko iri kwigiza nkana iyitsinda igitego kimwe ku busa (1-0).

Umwataka w’umunyarwanda  Meddie Kagere ni we waje gutsindira Simba Sc icyo gitego cyayihesheje igikombe, igitego yaje ku gitsinda ku munota wa 56.

Simba SC yageze ku mukino wa nyuma imaze gusezera ikipe ya Namugongo Fc nabwo ibifashijwemo na Meddie Kagere watsinze igitego kimwe muri bibiri ku busa batsinze iyo kipe ya Namugongo.

Written by OLIVIER NTANTURO

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it. Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza wamvugisha 👉🏿+250736426442

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Imfura ya Zari hassan wabyaranye na diamond platnumz yagizwe umuyobozi ukomeye

Benshi bashimishijwe n’igikorwa James Rodriguez yakoze cyo gutabara mugenzi we wari ugiye gupfira mu kibuga (video)