in

Umukinnyi wa filime ukunzwe cyane ku Isi yapfuye azize impanuka y’imodoka iteye ubwoba we n’abana be batatu

Umunyamerika wamamaye muri filime za Marvel yapfuye azize impanuka y’imodoka iteye ubwoba we n’abana be batatu, barimo umukobwa we wari uheruka kuvuka.

Taraja Ramsess, ufite imyaka 41, uzwi cyane mu gukora akazi ko gufasha muri filime za Avengers, yapfiriye mu mpanuka yahitanye abantu benshi mu Ntara ya Dekalb, Georgia.

Umukobwa we w’imyaka 13, Sundari Ramsess, umuhungu we w’imyaka 10, Kisasi Ramsess n’umukobwa we uheruka kuvuka, Fugibo Ramsess, nabo barapfuye.

Undi mwana we w’imyaka itatu nawe yagizweho ingaruka n’iyi mpanuka, ari mu bitaro afite ibikomere bikomeye ariko afite amahirwe yo kuzakira.

Uyu mugabo yagaragaye muri Marvel’s Black Panther na Avengers: Endgame, nkuko umwirondoro we kuri IMDb ubivuga.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Abasore b’ikipe y’Igihugu Amavubi bakomeje imyitozo yo kwitegura imikino ibiri ibategereje – AMAFOTO

“Imana ubwayo yanzamuye niyo yampanura” Dr Paul Gitwaza yahumurije Abakristu ba Zion Temple – VIDEWO