in

Umugabo yishe umuryango we wose nyuma y’uko umugore we yatse gatanya

Umugabo w’imyaka 42 yarashe abantu barindwi bo mu muryango we mbere y’uko nawe yiyica muri leta ya Utah muri Amerika nyuma y’uko umugore we asabye gatanya, nk’uko polisi ibivuga.

Kuwa gatatu nijoro abashinzwe imibereho myiza barimo gukora igenzura basanze uyu muryango w’abantu umunani bose bapfuye mu rugo rwabo rwo mu cyaro ahitwa Enoch City.

Polisi ivuga ko abapfuye harimo umugore w’uyu mugabo, abana be batanu hamwe na nyirabukwe.

Rob Doston ukuriye uyu mujyi muto w’abaturage bagera ku 8,000 yavuze ko bose batunguwe.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuwa kane, abategetsi b’uyu mujyi bavuze ko Michael Haight wacuruzaga ibijyanye n’ubwishingizi yarashe umugore we Tausha w’imyaka 40, nyirabukwe Gail Earl w’imyaka 78, n’abana be batanu mbere y’uko nawe yiyica.

Abo bana ntibatangajwe amazina yabo, gusa ni abakobwa batatu b’imyaka 17, 12, na 7, n’abahungu babiri b’imyaka 7 na 4.

Written by Geovanis

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250 781 375 290

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Joelle Nasri Bukuru ku mwanya wa mbere w’abakobwa bo muri shampiyona ya Tanzania bafite ubwiza buhebuje

Bidasubirwaho APR FC yamaze kugarura umutoza wayihozemo