in

Uko bigendekeye umubyeyi wa wa mwana umaze imyaka 18 asinziriye.

Mu minsi yashize twabagejejeho inkuru y’Umubyeyi witwa Godeliva utuye mu gihugu cy’u Burundi wari mu gahinda gakomeye kumwana we umaze imyaka 18 asinziriye adakanguka,aho akomeza guterurwa nk’uruhinja.

Godeliva yatanze ubuhamya ko ubwo yabyaraga umwana we wa kabiri, umwana amaze iminsi itandatu aribwo yaje kugira ikibazo akajya arara ararira cyane kandi n’umuriro ukiyongera ari nako yakomezaga kurira, nyuma agaceceka ntiyongere kugira iri jwi asohora.

Godeliva yaje kujyana kwa muganga umwana we yari yarise Malia ari nako umutwe we wagendaga urushaho kuba munini bidasanzwe. Abaganga bamubwiye ko umwana we arwaye uburwayi bwitwa ‘Hydrocephalus ‘ butuma umuntu azana amazi mu mutwe.Nyuma yo kumara igihe kirekire mu bitaro kandi adafite amafaranga yo kwishyura imiti ,ibitaro byaramwirukanye arataha ,ageze mu rugo umugabo we ntiyaje kumwakira neza,dore ko yashakaga ko bica uwo mwana ariko Godeliva arabyanga.

kanda hano urebe ubuzima Godeliva yaciyemo

Godelive yakomeje kubaho mu buzima bugoye ,none kuri ubu yabonye abaterankunga ,ndetse bamuzanira ibintu bitandukanye birimo amafaranga,n’ibyo kurya.

Godeliva akibona uko byamugendekeye yahise yishima cyane ashima Imana n’umuntu wese wamuteye inkunga.

Akanyamuneza kagarutse

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Numenya ibi ntuzongera kubaho udaseka.

Umunyeshuri w’umuhungu yambikiye impeta umukobwa bakundana mu ishuri ||ibyakurikiyeho si iby’i Rwanda(Video)