inyigisho
Niba ushaka kwinjira mu rukundo ruryoshye kandi ruzaramba ,irinde kugendera kuri ibi bintu bikurikira.

Niba ushaka kuba mu mubano wishimiye, ntukwiriye gutangira gukundana ugendeye ku mpamvu turi bugarukeho muri iyi nkuru. Zose ni impamvu zidakwiriye umuntu ushaka kubaho yishimiye urukundo arimo.
1.Kwibagirwa uwahoze ari umukunzi wawe
Hari abantu benshi bahita bihutira gushaka undi mukunzi vuba vuba kugira ngo babashe kwibagirwa igikomere batewe n’umukunzi bahoze bakundana. Ni ikosa kuko urukundo nk’urwo ruhutiweho rutarangira neza. Inama nziza ugirwa ni ukubanza gukira neza igikomere aho guhutiraho ngo ukunde wibagirwe uwo mwahoze mukundana.
2.Ufite irungu/ urigunze
Gutangira gukundana n’umuntu kuko ufite irungu cyangwa se wumva ko wigunze si impamvu nziza yakwinjiza mu mubano kuko n’ubundi uzakomeza kugira irungu cyangwa kumva uri wenyine n’ubwo umukunzi wawe yaba akuri iruhande. Uzisanga ugifite irungu kuko n’ubundi winjiye mu mubano mu gihe kitari cyo cyangwa se biguturutsemo ubwawe.
3.Gukururwa n’imiterere y’inyuma gusa (Physical attraction)
Bamwe mu bantu bakunda gukururwa n’imiterere y’inyuma y’umukobwa cyangwa se umusore, bakumva ariyo ihagije ngo batangire urukundo cyangwa umubano n’uwo muntu runaka.
Imiterere y’inyuma ni kimwe mu byo wagenderaho ukunda umuntu ariko siyo mpamvu nyamukuru yagukururira guhita wimariramo umuntu kuko akenshi usanga ari ngombwa ko ureba n’ingeso cyangwa imiterere ye mu buzima busanzwe kugira ngo ubashe kubona ko mwazashobokana.
4.Umuryango n’inshuti zawe ziramukunda
Gukundana n’umusore cyangwa umukobwa kuko umuryango wawe umukunda cyangwa ko inshuti zawe zimwishimira naryo ni ikosa usabwa kutazakora. Impamvu ni uko abo bose ataribo bazakundana na we ahubwo wowe ubwawe ni wowe amarangamutima agomba guturukaho. Nimuramuka mugiranye ikibazo, uzisanga wicuza kuko nubundi uziha impamvu y’uko utari warigeze umukunda ahubwo ko mwahujwe n’uko abantu b’inshuti zawe aribo bamukundaga. Ese ntuzicuza icyo gihe wataye ?
5.Imyaka
Kwinjira mu mubano runaka kuko ubona ko imyaka yawe iri kugusiga nayo si impamvu nziza yatuma utangira umubano. Imyaka iri kugusiga siyo izatuma ukundana n’uwo muntu ngo ruhame, ahubwo ukwiriye kwinjira mu mubano ari uko wumva ko koko bikurimo kandi igihe kigeze.
Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link ukurikize ibisabwa:http://yegob.rw/dating
-
Imyidagaduro6 hours ago
Bahavu Jannet wamenyekanye nka Diane muri city maid yakoze ubukwe (amafoto)
-
Imyidagaduro1 day ago
Ndimbati yambitse impeta Shaddyboo ubwo bari muri studio za RBA (amafoto)
-
Imyidagaduro3 hours ago
Kimenyi Yves yateye ivi asaba Miss Uwase Muyango ko yazamubera umugore (amafoto)
-
Imyidagaduro1 day ago
Junior Giti yakije umuriro kuri PK wamwibasiye|Avuga ko namufata bazakizwa na RIB.
-
Izindi nkuru2 days ago
Wa mukobwa mwiza wari utegereje gupfa Imana iramutabaye| Abagiraneza bamufashije kujyanwa kwa Muganga| Josiane
-
Izindi nkuru1 day ago
Umusore n’umukobwa bemeye kwihambira iminyururu amezi 3 ngo basuzume urukundo rwabo.
-
Imyidagaduro2 days ago
Umuhanzi Platini biravugwa ko agiye gukora ubukwe mu ibanga rikomeye.
-
inyigisho5 hours ago
Dore ibintu bibabaza abagore bikabatera kwibaza ukuntu babaye amasugi kandi bafite abagabo.