in

Niba umubona cyangwa wamutekereza umutima ugatera cyane ubwo niwe wawe! Bimwe mu bimenyetso bigaragara ku bakundana 

Ibyiyumviro by’urukundo bamwe babifata nk’aho ari amayobera bitewe n’uko rukoresha umuntu ibyo atabashaga gukora aramutse atarurimo ndetse akabikora mu buryo butari bwitezwe.

Nk’uko mu nkuru yasohotse ku rubuga elcrema ibigaragaza, hari impinduka ziboneka ku muntu uri mu rukundo na siyansi akabyemeza.

Umutima utera cyane

Siyansi yerekana ko iyo umuntu ari kumwe n’umukunzi we umutima utera cyane ndetse na we akabyiyumvamo.

Ibyo biterwa n’umusemburo wa ‘epinephrine’ cyangwa ‘adrenaline’, utuma umutima utera wihuta ndetse ugatera no guhumeka cyane, uba wabaye mwinshi.

Gutekereza ku mukunzi wawe buri kanya

Urukundo rutuma wigarurirwa n’umukunzi wawe ku buryo nta munota washira utamutekerezaho, ibyo bigaragazwa n’uko ku bantu bafite abo bakundana, umusemburo wa ‘serotonin’ utera ibyishimo uba mwinshi kandi ugatuma umuntu yumva afite amahoro kuko akunzwe.

Ingingo zindi z’umubiri zigaragaza ibimenyetso

Ku bantu bakinjira mu rukundo nk’iyo ari ubwa mbere akundanye cyangwa se aribwo akibona inshuti nshya, usanga n’izindi ngingo zagizweho ingaruka n’urukundo arimo.

Uzabona isoni ku maso cyangwa mwahura ukabona aramwaye, uzabona babira ibyuya mu ntoki n’ahandi hantu hatandukanye.

Ibyo byose biterwa n’uko umusemburo wa ‘adrenaline’ uzamuka cyane bitewe n’ibyo byiyumviro bafite.

Gusomana bizana izindi mpinduka ku mubiri

Abenshi mu bakundana usanga gusoma ari ibintu byabo. Uko gusomana gutuma umusemburo wa dopamine ushinzwe ibijyanye n’ibyiyumviro wiyongera mu mubiri, bigatuma urushaho kwiyumva muri uwo muntu mukundana.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Bagenzi ba Rukara uherutse kwicwa yibye flat na matera, bagiye kumuhorera ku musaza witwa Samuel bafatwa bamaze kwiba Gaz na matera bagarutse gutwara ibindi byo mu nzu

RGB ivuga ko hejuru ya 75% by’Abapasiteri bo muri ADEPR barangije amashuri abanza gusa ‘Primaire’