in

Kamonyi:umubyeyi aratabaza nyuma y’aho muganga amennye ifu mu gisebe cye ntigikire.

Ayinkamiye Sarah umutarage wo mu murenge wa Rukoma mu karere ka KAMONYI arasaba ubufasha bwo kuvuzwa nyuma yaho agiye kwipfukisha ku bitaro bya Remera Rukoma umuganga agashyira ifu uyu mubyeyi atazi mu gisebe cye aribyo avuga ko byatumye kidakira.

Sarah aganira na TV1 Rwanda yavuze ko yari afite igikomere ku nda aho yari yarabazwe amara maze ubwo yajyaga kwipfukisha kuri ibi bitaro umuganga yaragipfukuye maze amushyiriramo ibintu bimeze nk’ifu(nkuko abyivugira) gusa ngo ntiyamenye ibyari byo ,dore ko kuva icyo gihe igikomere cye cyanze gukira akaba yasabaga kuvuzwa .Tv1 yavuganye n’umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Remera Rukoma, Dr. Jaribu Theogene ahakana ibyo uyu muturage avuga, ahamya ko nta muganga wakora ibintu nk’ibyo ndetse amusaba kuzabagana bakongera bakareba impamvu yatumye uburwayi bwe budakira ,agahabwa ubuvuzi.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Inkuru ibabaje y’umugore wasanze umugabo we mu buriri aryamanye na mushiki we babanaga mu rugo

Tangira unywe imvange y’inanasi, tangawizi n’indimu kubera iyi mpamvu yihutirwa||Bigerageze nonaha