in ,

Emmy ufite intego yo kurenga Mbonyi agiye gushyira hanze indirimbo yitezeho kuzamwubakira izina yakozwe na Bob pro

Emmy ufite intego yo kurenga urwego Israel Mbonyi ariho agiye gushyira hanze indirimbo yitezeho kuzamwubakira izina yakozwe na Bob pro

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana TWAGIRUMUKIZA Emmanuel ukoresha izina rya Emmy agiye gushyira hanze indirimbo nyuma y’amazi 6 ashyize hanze iyitwa “Ubwami bwiza”.

Uyu muhanzi avuga ko we yatangiye umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana kubera ubuzima bubi yari abayemo kugera aho iwabo bari ku rwego rwo gusabiriza. Uyu muhanzi ukoresha Emmy Official ku mbuga nkoranyambaga ze, afite intego yo kugera ku rwego ruri hejuru akaba yarenga Israel Mbonyi ndetse na Bethel Music afata nk’abahanzi afatiraho icyitegererezo.

Mu kiganiro Emmy yagiranye na YEGOB, yatubwiyeko agiye gusohora indirimbo ye ya Kabiri yise NISANZEYO nyuma y’amezi 6 ashyize hanze UBWAMI BWIZA imaze gukundwa n’abatari bacye cyane abakunzi ba Gospel nyarwanda.

Yagize ati”Indirimbo ngiye gushyira hanze yitwa NISANZEYO. Iyi ndirimbo nayikoze kubera nari maze kumurikirwa n’umucyo nyandika ndi mu mashimwe. Muri NISANZEYO, mba mvuga ko nashatse urumuri rwarasira mu mutima ndarubura ariko ku musaraba nisanzeyo kuko nahiriwe nyuma yo kuva mu buzima bubi ndigushima Imana.”

Iyi ndirimbo Emmy agiye gushyira hanze, yatubwiye ko izaba ari Live Recording yakozwe na Bob pro usanzwe azwi cyane mu muziki w’u Rwanda afatanyije na Elie Pro. UBWAMI BWIZA Emmy yahereyeho yakozwe na Martin naho Video ikorwa na Musinga usanzwe akorera muri Morix Media House.

UBWAMI BWIZA iri hanze yirebe unyuze aha👇

UBWAMI BWIZA by EMMY

Written by Philcollens

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 784 798 373

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Mu gahinda kenshi, Irene Murindahabi yahishuye uburyo hari umuganga wamwigiyeho kuvura maze bimuviramo kugira ubumuga afite

Agezweho mu mikino: Ikipe ya AS Kigali yirukanye umutoza wayo mukuru