in

Umutoza wicariye intebe ishyushye muri Premier League birashya bishyira ko ashobora kurara ahambirijwe

Umwe mu batoza batoza ikipe ikina Premier League ashobora kurara yirukanwye. Frank James Lampard Umwongereza utoza ikipe ya Everton ashobora kurara yirukanwye kubera umusaruro nkene iyi kipe isigaye ifite.
The Toffees ikipe ya Everton nk’uko yiyita imaze imikino 10 itazi ngo itsinzi isa gute ibi bishyira ku gitutu Lampard uyitoza.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Sky Sport arahamya ko Lampard ashobora kurara yirukanwye

Frank James Lampard yageze mu ikipe ya Everton ku itariki 31 z’ukwambere muri 2022 aje gusimbura Fafael Benitez wari wahambirijwe nawe azira umusaruro nkene. Icyo gihe Lampard yazahuye Everton ntiyamanuka ariko ubu ibintu bimaze kurengerana dore ko no mu mpera z’icyi cyumweru Everton yakubiswe na Westham ibitego 2 ku busa. Lampard kuva yagera muri “The Toffees ” amaze gutoza imikino 44 , atsindamo 12 , anganya 8 mu gihe imikino 24 yayi kubiswe.

Written by THIERRY Mugiraneza

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it :+250 789 020 938

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Kigali: Amacumbi y’abakobwa biga mu kigo cya IPRC Kigali yafashwe n’inkongi y’umuriro izuba riva – VIDEWO

Harmonize nta shaka Yolo The Queen ahubwo ashaka nyina ku bubi na bwiza – AMAFOTO