in

Umutoza Ben Moussa yijeje ibihembo bishimishije umukinnyi wa APR FC wazamuye urwego kurusha abandi bakinnyi bose

Umutoza Ben Moussa w’ikipe ya APR FC yasabye rutahizamu Mugunga Yves gukomeza gukora cyane akazamura urwego rw’imikinire.

Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yasoje igice cy’imikino ibanza ifite amanota 28, aho irushwa amanota abiri na AS Kigali na Kiyovu Sports ziri ku mwanya wa mbere.

Nyuma yo gusubukura imyitozo umutoza Ben Moussa yasanze rutahizamu Mugunga Yves ari ku rwego ruhambaye akaba ari nayo mpamvu nyamukuru yamusabye kurushaho kongera imbaraga akazafasha ikipe kwegukana igikombe cya shampiyona.

Mugunga Yves ni umwe muri ba rutahizamu b’abahanga iyi kipe igenderaho, nta gihindutse akaba ashobora kuzagurwa n’ikipe yo hanze y’u Rwanda mu mpeshyi y’uyu mwaka.

Written by Social Mula

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Sobanukirwa byinshi bishobora kugutera imyate n’uburyo wayirinda

Abanyamakuru b’imikino bakomeye mu Rwanda bamaganiye kure Hakizimana Muhadjiri nyuma yo kwiyemera ku buryo bwatangaje benshi