in

Umupasiteri yahagaritse ubukwe igitaraganya nyuma yo kumenya ko umukwe yasomye umugeni akanamukora ku myanya y’ibanga

A newly wed couple holds each other in the late afternoon...

Umukozi w’Imana wo muri Nijeriya yahagaritse ubukwe nyuma yo kuvumbura ibikorwa bagiye bakora mu gihe cyo kurambagizanya.Ku wa gatandatu, nibwo uyu mupasiteri wari asanzwe ayobora ubukwe bwabo ubwo yiyemezaga guhamagara abageni mu biro bye.

Yabasabye kuba inyangamugayo bakavugisha ukuri ko batigeze baryamana mbere yo gukora ubukwe ,maze baramuahakanira. Icyakora, igihe pasiteri yabazaga umugeni, yemeye ko bigeze gusomana ndetse n’umusore akamukora ku myanya ye y’ibanga ariko bataryamanye.Uyu mukozi w’Imana acyumva aya magambo yahise ategeka ko bahagarika gushyingiranwa kuko bakoze icyaha

Uwanditse iyi nkuru y’aba bageni kuri twitter yagize ati:”Hariho ubu bukwe bwagombaga kuba ku wa gatandatu mu rusengero rwo mu gace dutuyemo. Ku munsi w’ubukwe mu gihe ibirori by’ubukwe byari bimaze gukorwa, pasiteri yahamagaye umukwe n’umugeni mu biro bye maze arababaza ati: “Nzi ko nababajije mbere ariko umwuka wera ukomeje kumbuza amahwemo ubu kugirango mbabaze wongeye kandi niba mwembi mutarakora imibonano mpuzabitsina mutarashakana ”maze bombi bavuze ngo OYA, ntabwo bigeze bakora imibonano mpuzabitsina.

Pasiteri arongera arabaza ati “Mukobwa, uyu muvandimwe yigeze agukoraho?” ati: “Yego, aransoma gusa, kandi yakoze ku myanya yanjye y’ibanga ariko ntitwaryamanye” maze pasiteri yahise asohoka abwira abari mu rusengero ko adashobora gusezeranya aba bageni nk’umugabo n’umugore kuko umubano wabo wanduye.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Umutoza w’ikipe ihanganye na Rayon Sports yatangaje ikintu cyitari cyiza yifuriza iyi kipe y’abafana benshi

Ubuyapana nyuma yo gutsinda Ubudage igitego 2-1 abakinnyi n’abafana bakoze udushya muri stade ndetse no mu rwambariro(Amafoto)