in

Senegal yakoze ibyo Abanyarwanda bifuzaga

Ikipe y’igihugu ya Senegal iri mu itsinda L hamwe n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yakoze ibyo abakunzi ba Amavubi bifuzaga.

Senegal nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu ya Mozambique igitego kimwe ku busa (1-0) yahise ibona itike yo kuzakina imikino y’igikombe cy’Afurika (AFCON2023) ku manota 12 mu mikino 4 gusa bisobanuye neza ko nta mukino yigeze itakaza.

Ibi byongereye ikipe y’igihugu Amavubi amahirwe yo kuba nayo ashobora kwerekeza mu mikino Afcon 2023 kubera ko ikipe y’igihugu ya Mozambique yahise iguma ku manota 4 bivuze ko igihe u Rwanda rwatsinda umukino rufitanye n’igihugu cya Benin rwahita rurara ku mwanya wa kabiri.

Amavubi akaba anafitanye umukino n’ikipe y’igihugu ya Mozambique aramutse awitwayemo neza akawutsinda yahita agira amanota 8 maze agahita yandika amateka aheruka kera cyane.

Senegal yiyongereye ku makipe nka Morocco, Algeria, South Africa, Ivory Coast ibi nibyo bihugu bimaze kubona itike.

Written by Aphrodis Nizeyimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250787782000

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Kigali: Abakora umwuga wo kwicuruza bazwi ku izina ‘Indaya’ banze iryo zina, maze biha izina rishya ribahesha icyubahiro aho bari hose

Rubanda bagira imitima ikomeye pe! Umugabo yariye amafaranga yikubye inshuro 3 nyuma y’uko Imana imubwiye gutega imodoka ye ku mukino wa Uganda na Tanzania