in

Rwamagana: Abagore batwite bafite ikibazo cy’abantu bari kuza gutwara inkari zabo gusa ntibagire icyo babasigira gifatika

Mu karere ka Rwamagana abagore batwite bashyize hejuru amajwi yabo bavugako hari kampano ikora ubushakashatsi iza igatwara inkari zabo gusa ngo ntacyintu bo babaha gifatika ngo kuko babasigira isabune yo koga gusa.

Umwe mu badamu batanga izo nkari yatangarije TV1 dukesha iyi nkuru agira ati “Nge baza gutwara inkari inshuro ishatu mu cyumweru gusa iyo baje bansigira isabune gusa.

Mu gihe abagabo babo havugako aba bantu baza gutwara izo nkari bakwiye kuzajya babaha amafaranga afatika ngo kuko nta muntu ukama inka ataragiye, bakomeza bavuga ko ayo masabune babaha nubundi ba bayasanganywe mungo zabo.

Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana yatangaje ko iyi kampani itwara izo nkari izwi kandi ibifitiye ibyangombwa muri ako karere, akomeza avuga ko izo nkari zicyenerwa mu bushakashatsi kandi hacyenerwa inkari z’abagore batwite gusa.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
4 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
James
James
1 year ago

Mbega ubujajwa! Ko nzi ko babanje kubigusha no kubasobanurira mbere yo gukorana nabo iyo bumva batabishoboye bari kubireka. N’ubundi inkari nta kindi abo bagore bazimaza mu rugo. Kuki bumva bazigurisha!? Iyo sabune babasigira ntabwo ari iyo gukaraba. Ni iyo koza ibikoresho baba basize. Abanyarwanda tujye twirinda ubukene bwo mu mutwe. Ndabizi neza ko iyo umaze kubyara baragusura.

C nt
1 year ago
Reply to  James

Ndumva Uri mu kuri

Jeno
Jeno
1 year ago
Reply to  James

Abobashakashatsi baziyizire mukarere ka Burera tuzibahe

Lokami
Lokami
1 year ago
Reply to  James

Ufite ubwenge bucagase kuko icyo umuntu afite agifiteho uburenganzira busesuye. Kuvuga ngo izo nkali ntacyo bazimaza biracililitse cyane kurugero rw’umuntu uzi kwandika. Bafite uburenganzira bwo kwanga cyangwa kwemera ko izo nkali bazitanga

Umunyamakuru Cyuzuzo ukorera KISS FM yasezeranye imbere y’amategeko (video)

Producer Ayoo Rush yamaze gukora ubukwe na wa mukobwa w’ikizungerezi Shefra