in

Rwabuze gica! Amajwi ya Prince Kid yumvikanye asaba ‘Happiness’ yateje impagarara mu rukiko

Kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Mata 2023 nibwo Ishimwe Dieudonne ‘Prince Kid’ yasubiye imbere y’urukiko, aburana ku bujurire bwatanzwe n’ubushinjacyaha, gasa ariko we n’abanganizi be berekanye ko amajwi byavuzwe ko ari ye yahinduwe.

Uru rubanza rwatangiye saa tatu n’iminota 50 za mu gitondo, rugeze hagati, Prince Kid yagaragaje impamvu 5 zerekana ko ibyaha buose yarezwe yabihimbiwe ndetse akomoza ku majwi yumvikanye asaba ‘Happiness’.

Prince Kid yasabye urukiko ko rwasuzuma neza amajwi kuko muri ayo majwi ibyo yavuze byose bitashyizwemo.

Yakomeje avuga ko adahakana ko amajwi ari aye, gusa ariko avuga ko ayafiteho impungenge kuko yacagaguwe agasigazwamo ibyo abashaka kumurega bakeneye.

Abashinjacyaha bahawe umwanya wo kwisobanura kuri aya majwi, umwe yemerera urukiko ko amajwi yahinduwe akurwamo ibyo bakeneye, maze abari aho bose bariyamira.

Umucamanza yahise asaba ubushinjacyaha kuzana ayo majwi ya mbere atarahindurwa, nuko Umushinjacyaha wundi wunganira uwamubanjirije, ahita ahaguruka ahakana ko nta kintu na kimwe cyahinduwe muri ayo majwi. Ubu urubanza rurimbanyije.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Rafael Osaluwe yabwiye Luvumbu na Onana ikintu gitangaje atari yarababwiye igihe cyose bamaranye kandi cy’ingenzi bagomba kugenderaho

Ayo amafaranga uyarye: Umusore yibye amafaranga arenge miliyoni 5 maze ayihera Mukuru we amusaba kuyirira