in

Myugariro wa Rayon Sports n’umugore we bari mu byishimo byinshi .

Myugariro w’ibumoso Muvandimwe Jean Marie Vianey ’Kurzawa’ uheruka gusinyira ikipe ya Rayon Sports, n’umugore we bari mu byishimo byinshi nyuma yo kwibaruka imfura yabo nyuma y’ukwezi kumwe barushinze.

Muvandimwe yemeje aya makuru binyuze muri Status yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze.Nko ku rubuga rwa Facebook, uyu mugabo ukomoka mu karere ka Gisagara yashyizeho amafoto arimo iya madamu we akuriwe n’indi acigatiye uruhinja yari yibarutse.

Uyu musore yavuze ko yasabye Imana kumuha ubuzima bwuzuyemo urukundo n’ibyishimo, na yo imwoherereza umwana w’umuhungu.
Mu kwezi gushize kwa Nyakanga ni bwo Muvandimwe n’umugore we Rurangwa Umwari Soleil barushinze, Mbere yo kwibaruka imfura yabo kuri uyu wa Gatatu.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Noneho ak’abahanzi b’abaswa bo mu Rwanda kashobotse

Abitegura gukora ubukwe vuba aha bararanye inkweto