in

Madame Lise yanyomoje iby’imirwamo n’ubugambanyi byavuzwe muri Delegation y’amavubi muri CHAN2020

Hashize igihe gisaga icyumeru ku ma radio atandukanye ya hano mu Rwanda  havugwa ikitwa “Operation Douala-Limbe”, aho abanyamakuru baherekeje Amavubi muri CHAN bagiye bagaruka ku rugendo bagize ndetse n’imbogamizi zitandukanye bahuye nazo.

Muri izo mbogamizi bagiye bavuga ko bahuye nazo akenshi bakaba barakunze gutunga agatoki Madame Lise Kankindi, wari ukuriye Delegation y’Amavubi aho bagiye bamushinja ibintu byinshi bitandukanye.

Uyu munsi rero mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru madame Lise a.k.a maman delegation akaba yasubije ibibazo bitandukanye byerekeye urugendo rw’Amavubi muri Cameroon, ndetse anaboneraho kunyomoza amakuru yari amaze iminsi avugwa ko abanyamakuru bagiye bakekwaho kugambanira amavubi, ndetse no ku kuba haba habarabayeho kurwana muri delegation y’amavubi.

Kubijyanye n’iby’ubugambanyi, Lise akaba yasobanuye ko kuba hari umunyamakuru wambuwe telephone ngo barebe niba ataba yafashe amashusho atabyemerewe ari ibintu bisanzwe ngo ntago bihuriye no kumushinja ubugambanyi  ngo kuko hari nabandi banyamakuru CAF yagiye itegeka gusiba amashusho babaga bafashe bitewe nuko nta burenganzira bwo kuyafata babaga bahawe, uwo munyamakuru rero ariwe Anta wa Radio 10 ngo akaba yarasabwe telephone mu rwego rwo kureba niba ataba yafashe video z’imyotozo y’amavubi atabifitiye uruhushya.

Ku bijyanye no kurwana kwavuzwe hagati ya Lise n’umunyamakuru Rigoga Ruth, Madame Lise  byo akaba yavuzeko bitigeze bibaho nabusa ndetse na Guy wari yagiye ahagarariye minisiteri ya sport akaba yamwunganiye avugako ibyo kurwana ari amakabyankuru  ndetse ko n’ abanyamakuru bari babitangaje bwakeye bagahita bivuguruza.

 

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
1 Comment
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
Narambe francois
Narambe francois
3 years ago

Uyumugore numuhanga ntacyo mwaza mumuba za abanyamakuru mumwihorere arabaranze

Umugore wa Barack Obama agiye gutangira gukina filime idasanzwe.

Umuhanzi Diamond Platnumz yinjiye muri business nshya yerekana ko afite agatubutse.