in

Kayonza: Abagabo 2 bishwe urwagashinyaguro baciwe ubugabo ndetse bakurwamo n’amaso 

Kayonza: Abagabo babiri bishwe urwagashinyaguro baciwe ubugabo ndetse bakurwamo n’amaso

Abagabo babari barimo uwitwa Nkundabanyanga Issa na mugenzi we bacunganaga umutekano kuri depo y’inzoga bishwe bashinyaguriwe aho bakuwemo amaso ndetse bakanacibwa ubugabo.

Ibi byabereye aho iyi depo y’inzoga iherereye mu mudugudu w’irebero, akagari ka nyagatovo, umurenge wa Mukaranga mu karere ka Kayonza.

Yongwe Tv yagerageje kuvugisha banyiri iyi depo ariko birinda kugira icyo babivugaho dore ko n’imiryango y’abishwe itarahabwa amakuru y’uzuye cyangwa ngo ihabwe imirambo y’ababo.

Gusa kugeza ubu ntiharamenyekana icyaba cyateye ubu bwicanyi ndetse n’ababwihishe inyuma.

Umugore w’umwe mu bishwe

Mu gahinda kenshi umugore w’umwe mu bishwe yagize ati “Ejo umugabo wange twari turi kumwe mu gitondo, nyuma aza kujya ku kazi ariko iryo joro ntiyataha, nibwo uyu munsi nari nagiye ngiye kubona mbona nimero ntazi iramamagaye iti” mama Milliam uri hehe, ati papa Milliam yishwe ” gusa kugeza ubu batwimye amakuru kandi imirambo y’abo yajyanywe I Kigali”.

Umwe mu baturage yagize ati” bishwe bashinyaguriwe, bateraguwe ibyuma ndetse banabakuramo amaso ”

Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza bwemeje iby’urupfu rwababa bagabo ndetse bavuga ko iperereza rigikomeje.

 

 

 

 

 

Written by Uwihirwe

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.:+250725077325

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Manchester United yahaye isomo rya ruhago ikipe ya Chelsea FC ikatisha itike yo gukina igikombe kiruta ibindi ku mugabane w’i Burayi

Ruhango: Wa mugabo wagiye gucyura umugore we kwa Sebukwe yitwaje inyundo n’akajerekani ka essance yavuze ukuntu byagenze kugira ngo ahure n’insanganya yahuriyeyo nazo