in

Abakinnyi 2 ba Rayon Sports bari gusabirwa kutazagaruka mu kibuga vuba nyuma yo kubabaza abafana b’iyi kipe kandi ari bo bari bitezweho intsinzi kuri Gorilla FC

Abakinnyi 2 ba Rayon Sports bari gusabirwa kutazagaruka mu kibuga vuba nyuma yo kubabaza abafana b’iyi kipe kandi ari bo bari bitezweho intsinzi kuri Gorilla FC

Ku munsi w’ejo hashize ubwo ikipe ya Rayon Sports yanganyaga n’ikipe ya Gorilla FC ubusa ku busa, abakinnyi 2 ba Rayon Sports barimo gusabirwa kutazagaruka mu kibuga vuba nyuma yo kugaragaza urwego ruri hasi kurusha abandi.

Wari umukino mwiza watangiye ikipe zombi zatakana ndetse ukabona ko hari uburyo bumwe bwagendaga butabyazwa umusaruro cyane ikipe ya Rayon Sports wabonaga ko ishaka kwihimura ariko bikageraho bikanga.

Nubwo ikipe ya Rayon Sports yagendaga ihusha uburyo bumwe na bumwe, ariko abakinnyi 2 barimo Serumogo Ally ndetse na Youseff Rharb ubona ko basubiye inyuma ahubwo bamwe mu bakunzi ba Rayon Sports twagiye tuganira bose bavuga ko aba bombi bagakwiye gushyirwa hanze y’ikibuga kugirango babanze bitekerezeho.

Ikipe ya Rayon Sports ubundi iyo ikina aba bakinnyi bameze neza ubona ko bagenda barema bumwe mu buryo buvamo ibitego ariko mu mukino wa Gorilla FC wabonaga ko ntakintu barimo gufasha Rayon Sports ariko bamaze kuvamo ukabona ko Hadji winjiye ndetse na Mucyo Didier junior hari ibyo bahinduye nubwo bitagenze neza ngo haboneke intsinzi.

 

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
1 Comment
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
Kabasele ya mpanya
Kabasele ya mpanya
10 months ago

Mwaramutse, ndumva rwose uko byagenda kwose iyo amahirwe yanze ntawagakwiriye kubirenganira mo. Twihanganirane tube abakunzi ba sport ntitube abafana bayo. Ubutaha bizatungana. Serumogo Ally na Youssef tubihorere twiyubake. Muragahorane Imana!

Rayon Sports noneho nta muntu urayikira: Hamenyekanye inkuru nziza cyane ku bakunzi ba Rayon Sports ishobora kuzatuma amakipe yo mu Rwanda abantu bose bayubaha

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abantu 103 bari baje gusengera mu rugo rw’mugabo witwa Komezusenge Jacques