in

Umunyarwenya Rusine Patrick yatangaje abantu ubwo yakoraga siporo akazana icyuya kivanze n’ifuro ry’inzoga(videwo)

Umunyarwenya akaba n’umunyamakuru Rusine Patrick yagaragaye ari muri siporo muri gimu atangaza ko ari kugabanya ibinture, ni nyuma y’aho abantu bakomeje kwibaza ku mubyibuho we bakavuga ko biterwa n’inzoga akunze kunywa dore ko hari filime agaragaramo ari kumwe na Clapton Kibonke basinze.

Abinyujije kurubuga rwe rwa Instagram yashyizeho videwo ari muri siporo gusa n’umunyarwenya yasekeje abantu ubwo yavugaga ko ari gukora siporo icyuya kikaza kivanze n’ifuro ry’inzoga.

Kuri iyo videwo yarengejeho amagambo ashimira umunyamakuru Sandrine Isheja Butera bakorana kuri Kiss FM ngo kuko ariwe wamuteye imbaraga zo gukora siporo, kandi yavuze ko Clapton Kibonke yamuhemukiye kubera ko yamunywesheje inzoga.

Dore videwo aho hasi…

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Imvamutima za Jurgen Kloop ku igurishwa rya Liverpool

Manchester City ya Haaland na Guadiola yagayitse bisubiza mu gitereko imitima y’abakunzi ba Arsenal