in

BET Awards 2026: Imyambarire n’ibitaramo by’abahanzi byabaye ikiganiro ku mbuga nkoranyambaga.

BET Awards ni ibihembo bitangwa buri mwaka mu rwego rwo guha icyubahiro abahanzi, abakina filime, abanyamakuru n’abakinnyi ba siporo b’abirabura bagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa. Ni kimwe mu birori bikurikirwa cyane ku isi ndetse bitegurwa ku rwego rwo hejuru, imyambarire idasanzwe n’ibihe bitungurana.Mu mwaka wa 2026, ibi birori byabereye i Los Angeles, aho Teyana Taylor yigaragaje yegukana ibihembo byinshi, mu gihe Lauryn Hill yahawe igihembo cyihariye cyo kumushimira uruhare rudasanzwe yagize mu muziki. Abahanzi batandukanye na bo bataramiye imbaga mu bitaramo byashimishije benshi.

Nyuma y’ibirori, ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kuvugwa cyane imyambarire y’ibyamamare, ibitaramo byatanzwe ndetse n’ibyishimo by’abegukanye ibihembo. BET Awards yongeye kwerekana ko ari umwe mu mihango ikomeye ihuriza hamwe impano, umuco n’imyidagaduro ku rwego mpuzamahanga.

← Back

Thank you for your response. ✨

 

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Mbappé akoze amateka atigeze akorwa mu Gikombe cy’Isi

  • https://stream.zeno.fm/0fzvslccgngvv
  • YEGOB LIVE
  • YEGOB LIVE
  • https://stream.zeno.fm/h8a8g1chaxhvv
  • YEGOB RADIO
  • YEGOB RADIO