in

Amwe mu magambo yadutse mu Rwanda agakoreshwa n’abatari bake muri ibi bihe bya COVID19.

Muri ibi bihe bitoroshye ii ikomeje guhangana n’icyorezo cya Covid-19, hari ibintu bitandukanye byagiye bihinduka mu muco wari usanzwe ,by’umwihariko nko mu Rwanda hari amagambo yadutse benshi basigaye bakoresha agaragaza amaganya abantu bafite bitewe n’ibi bihe bitoroshye turimo.

Abakuru n’abato bose baraganya, gusengera icyorozo cya Coronavirus, ubona ko basa n’abacitse intege, barihebye, baraganya, gusa bamwe bakomeje kujya ku mavi basengera icyorezo ngo gicike ku isi, ari ko banasengera abahanga mu by’ubuvuzi mu kubona imbaraga zo gukora vuba umuti wa Covid-19.

Twagutoranyirije amwe mu magambo 25 yakunze gukoreshwa cyane yaba imbonankubone cyangwa kuri Telefone muri ibi bihe, gusa twiteguye ko azacika vuba icyorezo kirangiye. Ni amagambo abantu bakoresha cyane iyo baganira kuri telefone, nubigenzura usanga nawe harimo ayo ukunze gukoresha cyangwa kubwirwa.

1.Ntakigenda

2.Ni hatari

3.Byaducanze

4.Ntabwo byoroshye

5.Birakabije

6.Turagowe

7.Ntakidashoboka

8.Nibereye mu Rugo

9.Nta Kundi

10.Nukwihangana

11.Ntabwo bisanzwe

12.Ndiryamiye, ndi kuri Cati (Chat)

13.Ni ugusenga cyane

14.Aho bucyera turiba da!

15.Bya bintu birakaze

16.Ni ah’Imana

17.Ni ukwiyakira pe

18.Ni ukugerageza kubimanajinga muvandi!

19.Ahaaa!

20.Dusabirane mu masengesho

21.Ubu se bizarangira gute?

22.Nukwipfira

23.Biragoye

24.Wandemeye ko njye byanze muvandi!

25. Inzara izatwica

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Umukobwa yatamajwe n’igikinisho cy’ubugabo yari afite ubwo yakoraga ikiganiro kuri BBC.

KNC yavuze icyatumye atinda gutanga akayabo yemereye Amavubi.