in

Amakuru meza ku bantu bose bakoresha WhatsApp

Urubuga rwa WhatsApp rwashyizeho uburyo bushya bwo gukoresha proxy bushobora gufasha abantu gukomeza gukoresha WhatsApp nta internet ihari cyangwa uru rubuga rwahagaritswe.

Mu itanganzo ryashyizwe hanze n’urubuga rwa Whatsapp, rivuga ko iyi porogaramu yitwa ‘Proxy’ izafasha abarukoresha gukomeza kuvugana n’inshuti za bo ku Isi hose no mu gihe internet itari gukora neza.

Rikomeza rigira riti “Whatsapp tuzakomeza guhuza abatuye isi mu buryo bubika n’ibanga ku makuru yabo bwite, twizeye ko iki ari igisubizo ku bakoresha urubuga rwacu no mu gihe internet yavuyeho bazaba bafite ubushobozi bwo kuganira n’abo bakunda.”

Iri tangazo ryanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga za Whatsapp zinyuranye kandi ubuyobozi bwayo bwagaragaje ko byakozwe mu rwego rwo gukomeza gufasha abayikoresha kwisanzura mu biganiro bagirana n’ababo no mu gihe gukoresha Whatsapp bidashoboka.

Ati “Mu gihe Whatsapp yahagaritswe mu gihugu cyawe ushobora gukoresha proxy ugakomeza kuvugana n’inshuti n’umuryango wawe. Gukoresha Whatsapp unyuze kuri proxy, ubutumwa bwawe bukomeza kuba ibanga kuko bucunzwe mu bizwi end-to-end encryption ikoreshwa na WhatsApp”

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
1 Comment
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
Salumu kanakuze
Salumu kanakuze
1 year ago

Ngewe number yange ntago iri gufata whtssap ahubwo

Isaha y’Imana nigera kazafatwa izere! Dore Amafoto ya Papa Sava atari yagafata uragarura ikizere cy’ejo hazaza

Burera : abantu 58 bafashwe n’uburwayi bw’amayobera nyuma yo kunywa ubushera