Hanze
Harmonize arashinjwa gufungisha Rayvanny wasambanyije umukobwa utujuje imyaka y’ubukure.

Nyuma y’uko Rayvanny atawe muri yombi ashinjwa gusambanya umwana utujuje imyaka kuri ubu hasohotse amakuru ko byanze bikunze hari umuntu watanze amakuru kuri Police ndetse hakaba hari gukekwa Harmonize.
Ibi byatangajwe n’uwitwa Sallam SK akaba asanzwe ariwe ushinzwe gucungira inyungu Diamond Platnumz (Manager), uyu mugabo avuga ko byanze bikunze Harmonize afite ukuboko mu ifungwa rya Rayvanny ukurikiranyweho gusambanya umwana utujuje imyaka y’ubukure.
Avuga ko Harmonize yari amaze iminsi yigira nkaho yitaye cyane kuri Rayvanny nyamara ngo intego nyamukuru ikaba kwari ugufungisha Rayvanny. Avuga ko kuba Harmonize yaragiye imbere y’itangazamakuru avugira neza Rayvanny ngo kwari ukuyobya amarari kugira ngo hatazagira ukeka ko ariwe wamufungishije. SK avuga ko Harmonize adakwiye kugira numwe yereka imbabazi kuko ntawukeneye amasengesho ye ahubwo ngo ajye yisengera ku giti cye.
Avuga ko Harmonize (agereranya n’imbeba itwara ubugambo kuri Police) yagakwiye gusenga Imana ikamuha umwana akareka kujya asengera abana b’abandi. umubano waba bivugwa ko utigeze umera kuva na kera Harmonize agikorana na Diamond, gusa ibintu byaje gugorana aho Harmonize atandukanye na WCB (Wasafi) ngo Sallam SK yarushijeho kwanga Harmonize cyane ndetse ko adateganya kwiyunga nawe n’umunsi numwe.
Ibi ngo bituma SK adashobora no guhereza ikiganza Harmonize kabone niyo baba bahuriye mubirori binyuranye. Icyakora avuga ko atari we wabitangiye ahubwo byatangiwe na Harmonize, ubwo yari akiri muri Wasafi, avuga ko atigeze abona Harmonize ashaka kumwikoza, kabone nubwo ariwe watumye Harmonize agera mu bihugu bitandukanye nka Nigeria n’Ubwongereza ndetse n’ahandi bageze kubw’akazi.

-
Imyidagaduro22 hours ago
Bahavu Jannet wamenyekanye nka Diane muri city maid yakoze ubukwe (amafoto)
-
Imyidagaduro12 hours ago
Hamenyekanye impamvu Kimenyi Yves yafashe icyemezo cyo kwambika impeta Miss Uwase Muyango igitaraganya
-
Imyidagaduro20 hours ago
Kimenyi Yves yateye ivi asaba Miss Uwase Muyango ko yazamubera umugore (amafoto)
-
inyigisho21 hours ago
Dore ibintu bibabaza abagore bikabatera kwibaza ukuntu babaye amasugi kandi bafite abagabo.
-
Izindi nkuru2 days ago
Umusore n’umukobwa bemeye kwihambira iminyururu amezi 3 ngo basuzume urukundo rwabo.
-
Inkuru rusange8 hours ago
Ibyo wamenya kuri uyu mwana utangaje wapimaga ibiro 200 afite imyaka 10 y’amavuko gusa.
-
Izindi nkuru3 hours ago
Umukobwa ukiri muto yapfuye ubwo bamutunguraga bamwifuriza isabukuru y’amavuko.
-
inyigisho10 hours ago
Bimwe mu bintu ukwiye kwirinda gukora niba udashaka kuzana umwuka mubi mu rugo rwanyu.