Imyidagaduro
Dore ibanga ry’icyateye Bruce Melody kumva ahuzwe Super Level burundu

- ushaka amafaranga cyane kurusha kuzamura umuhanzi wabo byatumye Bruce Melody asezera muri Supel Level
Bruce Melody yabaye muri Super Level umwaka n’igice, mu gihe bari baragiranye amasezerano azamara imyaka ine akaza guseswa. Bruce Melody akimara kuva muri Super Level yatangiye gukurikiranwa n’inkiko, muri PGGSS 4 yegukanye ibikoresho bya muzika bitandukanye ndetse n’amafaranga, ariho Supel Level yaherega ivuga ko ibyo byose agezeho abikesha bo, ari nayo mpanvu bagomba kugabana inyungu.
Yaba amajwi n’amashusho yakoraga byose byabaga biri ku mutwe wa Super Level. Ubuyobozi bwa Supel Level bubonye ko uyu musore avuyemo kandi hari amafaranga abagomba batanze ikirego mu rukiko rw’ubucuruzi rwa Nyarugenge, ariko giteshwa agaciro tariki ya 18 werurwe 2015, urukiko ruvuga ko habuze ibimenyetso bishinja uyu muhanzi ko hari amafaranga agomba kubaha.
Bruce Melody avuga ko mu gihe cyose yabanye na Supel Level yababuzemo ubumuntu ahubwo abona ko bari bagamije amafaranga cyane kurusha gutegura aho yava, nk’uko yabitangarije KigaliToday.
Akomeza avuga ko kuva yatandukana na Supel Level, yatangiye gukorana n’abantu 4 atifuza gutangaza uko bakorana ndetse nicyo Contract ivuga. Avuga ko bafatanya mu bikorwa bye batagamije amafaranga cyane ahubwo bashaka iterambere ry’umuhanzi ndetse no gushaka aho amafaranga yava.
Ati ” Kugeza ubu nkorana n’abantu bane, ndi umuntu utabasha kwikorera ibintu byose kuko nsinabasha kwikorera iki ngo nkore na kiriya. Eeeeeh abo bantu nibo babikora byose…Wenda ubutaha nzakubwira byose n’icyo buri wese ashinzwe.”
Bruce Melody avuga ko adakunda kurya wenyine ahubwo aba ashaka ko n’uwo bakoranye nawe agira icyo abona hagamijwe iterambere rya buri wese, ngo imbaraga ziri kumusunika ubu zitandukanye kure n’iza Super Level, kuko zitareba ku mafaranga kuburyo hari ibyo za kwica kugirango zibone amafaranga.
Ati ” Zirebera hamwe inyungu zanjye, zikanarebera hamwe aho amafaranga ashobora kuva. Management [abakurikirana inyungu] y’umwaka ushize irihariye yo yagomba no kwirengaza bimwe ariko amafaranga akaboneka mbere y’ibindi byose.”
Bruce Melody avuga ko igihe cyageze akabona nta nyungu yakuramo ahitamo gukuramo ake karenge. Ati “Nararebye nsanga nimba hari igipfuye ubu, ubutaha ntinandukana nabo byose nzabyirengera, ari nabwo nahatse abantu twakomezanya duhuje ibitekerezo, tunganya gukunda ibintu no kubishishikarira.”
Avuga ko abo bari gukorana ubu afite ijambo ndetse atanga igitekerezo ukuntu ibintu byagenda bitandukanye no muri Super Level. Uyu muhanzi avuga ko kuva yatangira gukorana nabo bantu nta kintu bari barye ndetse imwe mu mishinga bakoranye itarasohoka hanze ndetse ko hari byinshi bari gutegurira abafana babo kandi bazeye ko bikenewe nabo
Source: Umuryango
-
inyigisho22 hours ago
Niba ushaka kwinjira mu rukundo ruryoshye kandi ruzaramba ,irinde kugendera kuri ibi bintu bikurikira.
-
Ubuzima13 hours ago
Menya impamvu itangaje ituma zimwe muri hoteli zishyira ibinini mu mafunguro y’abantu.
-
Imyidagaduro6 hours ago
Dore umukobwa mwiza watwaye umutima w’umunyarwenya Arthur Nkusi (AMAFOTO)
-
Imyidagaduro12 hours ago
Umunyamakuru Tidjara, uherutse gusezera kuri RBA, yaturitse ararira mu kiganiro| umukobwa we yamutomagije karahava (VIDEO)
-
Imyidagaduro23 hours ago
Ubucuti hagati ya Miss Keza Joannah na Miss Flora bukomeje gufata indi ntera
-
Imyidagaduro4 hours ago
The Ben na Miss Pamella bashyize hanze itariki y’ubukwe bwabo.
-
Imyidagaduro9 hours ago
Umunyamakuru wa RBA uherutse kwambikwa impeta yahishuye uburyo yarijijwe na fiancé we|Avuga no ku bukwe bwe (VIDEO)
-
Imyidagaduro8 hours ago
Bwa mbere umunyarwenya Arthur Nkusi avuze ko afite umukunzi anavuga izina rye