in

Clarisse Karasira yabwiye amagambo ashimagiza umubyeyi we umubyara yakoze ku mitima y’abantu benshi

Umuhanzikazi Clarisse Karasira usigaye akorera umuziki muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma yo gushyira hanze indirimbo “Mama Tabita” yavuze ko mu buzima hari abantu batandukanye babaho ubuzima bwo kwitangira abandi muri sosiyete cyangwa ahandi.

Akomeza avuga ko abo bantu barangwa n’impuhwe, imbabazi, ndetse bagakora uko bashoboye kose ngo bagabanye akababaro n’ibibazo mu bantu. Yagize ati “Turabazi kandi tubana nabo umunsi ku munsi.”

Clarisse Karasira avuga ko aba bantu nk’abo kandi usanga badakora ibi kuko bafite ubushobozi bwinshi.

Akomeza agira ati “Ndetse kenshi na kenshi usanga nabo bakwiye gufashwa, ariko ibi ntibibabuza kwitangira abandi.”

Clarisse Karasira iyi ndirimbo ye yise ‘Mama Tabita’ yatangiye kuyitekerezaho mu ntangiriro ya 2020 nyuma yo gusubiza intekerezo inyuma akibuka umubyeyi w’intangarugero, wabaye umusingi w’ubuzima bwe n’umuziki uyu munsi akora.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
1 Comment
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
Niyonzima Peter. 0786745688
Niyonzima Peter. 0786745688
1 year ago

Nibyo rwose ubundi Karasira Clarisse n umunyabwenge kbx

Hamenyekanye icyateye urupfu rwa wa mukobwa wakoreshejwe mu ndirimbo ya Safi Madiba

Rayon Sports yateye intambwe yo kwirukana Boubacar Traore ikamusimbuza rutahizamu Mpuzamahanga iri kurwanira na Kiyovu Sports