Imyidagaduro
Rihanna n’umuraperi A$AP Rocky bakomeje kugirana ibihe byiza by’urukundo(AMAFOTO)

Ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko umubano wa Rihanna n’umuraperi A$AP Rocky umeze neza, ibi bije nyuma y’amezi macye ashije bivugwa ko aba bombi baba bakundana. Magingo aya Rihanna cyangwa uyu muraperi ntacyo baratangaza gusa umwe mu bantu bafi yabo yatangaje ko ubu umubano wabo umeze neza cyane.
Hari amakuru avuga ko Rihanna na A$AP Rocky baherutse
gutemberana n’inshuti zabo mu ijoro ryo kuwa gatandatu w’icyumweru dusoje muri
imwe muri Hoteli iri mu mugi wa New York.
Umubano wabo watangiye kuvugwa cyane mu bitangazamakuru
cyane nyuma yo gutambukana mu birori bya Fashion Awards byabereye ahazwi nka Royal
Albert Hall mu mugi wa London mu Kuboza umwaka ushize wa 2019. Nyuma yaho nabwo aba bombi baje kugaragara bishimanye mu birori byabereye muri Edition Hotel mu
mugi wa New York. Umwe mu bantu ba hafi yaba bombi yabwiye ikinyamakuru People ko ubu umubano wabo umuze neza cyane.

Rihanna n’umuraperi A$AP Rocky
Mu kwezi kwakurikiye Robyn Rihanna uzwi nka Rihanna nk’izina
ry’ubuhanzi nabwo yaje kugaragara mu bikorwa byo gufasha uyu muraperi Rakim
Mayers uzwi nka A$AP Rocky mu gitaramo cye yise Yams Day Benefit Concert cyabereye
mu mugi wa Brooklyn, muri iki gitaramo kandi Rihanna yagaragaye ari kumwe n’umuraperi
Drake bahoze bakundana.
Rihanna na A$AP Rocky umubano wabo umeze neza cyane muri iyi minsi
Rihanna aherutse gutandukana n’umuherwe
w’umunya-Arabia Saudite ariwe Hassan Mohammed Abdul Latif Jameel bakaba baratangiye umubano wabo mu mwaka 2016 nyuma baza gutandukana mu ntangiriro z’uyu mwaka 2020.
Amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru Us Weekly avuga ko uyu muhanzikazi yatangiye umubano we n’uyu muraperi nyuma yo gutandukana n’uyu muherwe w’umunya-Arabia Saudite.
Src: Us Weekly & Complex & People
-
Imyidagaduro13 hours ago
Fiancée wa Meddy yerekanye ikintu gikomeye atandukaniyeho n’abakobwa benshi b’iki gihe
-
Imyidagaduro23 hours ago
Umukobwa uteye nk’igisabo wabaye umunamba wa Mico The Best yavuze akayabo k’amafaranga Mico yamuhembye
-
Imyidagaduro9 hours ago
The Ben ararye ari menge bitihise Pamella baramumutwara
-
imikino15 hours ago
Yannick Mukunzi yagereranyijwe n’ibihangange Cristiano Ronaldo, Messi ndetse na Neymar
-
Inkuru rusange16 hours ago
Inkweto umwuzukuru wa Joe Biden yambaye sekuru arahira zikomeje guca ibintu hirya no hino ku Isi.
-
imikino16 hours ago
Ikipe ya Rayon Sports yisanze ku rutonde w’amakipe 50 meza cyane muri Afurika.
-
Imyidagaduro22 hours ago
Cyore: Clarisse Karasira ntacyambara impeta yambitswe na fiancé we
-
Ubuzima10 hours ago
Wari uziko abantu bashobora kumatana barimo gutera akabariro?Menya icyo abahanga babivugaho.