in

Messi aciye agahigo ko kwegukana ikindi gihembo gikomeye.

Rutahizamu w’ikipe ya Barcelona ,Lionel Messi ntawema kwegukana ibihembo uko umwaka ushize undi ugataha.Nubwo ategukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza wahize abandi ku Isi mu 2020, cyatanzwe kuri uyu wa kane Messi yatsindiye igihembo cy’umukinnyi waharaniye Amahoro ku Isi mu 2020 ‘Champion for Peace 2020’.

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 18 Ukuboza 2020, nibwo uyu kapiteni wa FC Barcelona yahawe igihembo cy’umukinnyi wafashije abaturage hanze y’ikibuga mu 2020.

Nyuma yo guhabwa iki gihembo, Messi yanyarukiye ku rukuta rwe rwa Instagram agira ati”Mu byukuri, nishimiye kuba ibikorwa byanjye byarakurikiranwe, nkaba ntsindiye igihembo cy’Amahoro 2020″.

“Reka nshimire cyane urwego rushinzwe amahoro na siporo kuba banzirikanye”.

 

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Jose Mourinho akomeje kuzamura ubushotoranyi kuri Jurgen Klopp.

Abahanzi bakizamuka Mario&Berny bazaniye Abanyarwanda impano idasanzwe mu ruhando rwa muzika (VIDEO).