Diego Maradona amaze kubihindura akamenyero kwiyenza kuri Lionel Messi uko aganiriye n’abanyamakuru ku buryo wagirango hari icyo bapfa.

Ubwo aheruka kuganira na Radio Red, Maradona akaba yarongeye gushotora Messi amushinja guhemukira Argentine kubera uburyo yatangaje ko yasezeye mu ikipe y’igihugu maze nyuma akaza kugaruka.
“Yahubukiye ubusa. Kuko ikosa ntago ryari irye, ahubwo ryari iry’abakinnyi bagenzi be. Kuki yatangaje ko yasezeye mu ikipe y’igihugu? Yavuze ahubutse maze ateza impagarara mu gihugu hose ndetse atuma abana batagira ingano birirwa barira. Nizereko byibuze yabonyeko yahemukiye abanya Argentine akabababaza bikomeye kandi nubundi bari bibabariye kubera gutsindwa finale”