Abazunguzayi b’aba-Masai bakorera ubucuruzi bwabo ku mihanda mu gihugu cy’u Rwanda cyane cyane mu Mujyi wa Kigali bashobora kujyanywa mu bigo by’inzererezi.
Aba bacuruzi bazwi cyane ku kuzengurukana ku rutugu imyambaro yiganjemo inkweto n’imikandara hari abadatinya kuvuga batinywa cyane n’inzego z’ubuyobozi ziba zitinya ko bazigirira nabi.
Aba bacuruzi b’abanyamahanga bakomeje kwiyongera mu Mujyi wa Kigali ku bwinshi, ubu bashinze amatako no mu Ntara zose z’igihugu, bagendagenda ku muhanda bacuruza inkweto n’ibikapu n’utundi tuntu tw’ubukorikori bwabo.