in

Umupolisi wishe umwirabura George Floyd bigatuma havuka ikizwa nka ‘Black Lives Matter’ yaterewe ibyuma muri gereza ya Tucson

Demonstrators holding signs in support of Black Lives Matter movement during a protest outside the White House on the sixth consecutive day of protests over the death of George Floyd, an unarmed black man who died last week after being pinned down by a white police officer in Minneapolis.

Derek Chauvin wahoze ari umupolisi wahamijwe ibyaha byo kwica umwirabura, George Floyd yaterewe ibyuma muri gereza afungiyemo.

Uyu mugabo uri mu bahitanye George Floyd ubwo yicwaga anigishijwe amavi, bivugwa ko yatewe ibyuma n’abagororwa bagenzi be icyakora ntibamuhitanye gusa bamusigiye ibikomere.

Byabereye muri Gereza ya Tucson iherereye muri Arizona, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nkuko Associated Press yabitangaje.

Urwego rushinzwe Amagereza muri Amerika rwemeje ko hari umugororwa watewe ibyuma akajyanwa kwa muganga, icyakora ntirwahishuye izina rye.

Chauvin yakatiwe umwaka ushize ku byaha bibiri bishingiye ku rupfu rwa George Floyd. Icyaha cyo kumuhitana yagihanishijwe igifungo cy’imyaka 22.5 mu gihe icyo kuvogera uburenganzira bwe yagihanishijwe gufungwa imyaka 21.

Nyuma yo kunigwa n’abapolisi bakamuheza umwuka, Floyd yaje kugwa muri gereza muri Gicurasi 2020.

Written by OLIVIER NTANTURO

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it. Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza wamvugisha 👉🏿+250736426442

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

“Buri umwe yakwifuza”: Rigoga Ruth yabwiye Kayishema amagambo asize umunyu ku karubanda bitewe n’impamvu ikomeye 

Umusaza w’imyaka 82 witwa Wilson yatsinze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’amanota 182